Manchester City itwaye igikombe cya 2 cya shampiyona yikurikiranya yotswa igitutu na Liverpool(Amafoto)
— May 12, 2019
Please enter banners and links.

Kuri iki cyumweru tariki ya 12 Gicurasi 2019 ikipe ya Manchester City yegukanye igikombe cya shampiyona ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, nyuma yo kunyagira Brighton yari ku kibuga cyayo ibitego 4-1.
Igikombe cyabonye nyiracyo ku munsi wa nyuma wa shampiyona, kuko Man City yarushaga inota rimwe gusa Liverpool FC isoje shampiyona ku mwanya wa kabiri n’amanota 97 mu gihe Man City ifite 98.
Mu mukino wa kamarampaka kuri iki Cyumweru, Man City yatangiye nabi kuko Glenn Murray yafunguye amazamu ku ruhande rwa Brighton biba igitego kimwe ku busa bwa Man City abantu batangira gutekereza ko ikipe zishobora kunganya Liverpool igatsinda igatwara igikombe ariko Sergio Aguero aza kwishyura icyo gitego.











Man City yahise ikomerezaho ishyiramo n’ibindi bitego byatsinzwe na Aymeric Laporte, Riyad Mahrez na Ilkay Gundogan biba 1-4 bya Man City.
Ni mu gihe Liverpool na yo yatsinze umukino wayo bituma irangiza shampiyona ku mwanya wa kabiri n’amanota 97, nyuma yo gutsinda Wolves ibitego 2-0 byombi byatsinzwe na Sadio Mane wabaye umukinnyi ufite ibitego byinshi anganya na Salah ndetse na Aubomiyanga wa Arsanal.
Iyi kipe isoje neza mbere yo guhura na Tottenham ku mukino wa nyuma wa UEFA Shampions League ku wa 1 Kamena.
Liverpool ibaye ikipe ya mbere mu mateka ya shampiyona y’u Bwongereza ibashije gutsinda imikino isaga 30 ikanagira amanota 97 ariko ntiyegukane igikombe, ndetse nta n’indi kipe yatsinzwe umukino umwe gusa mu mwaka w’imikino ngo ntitware igikombe.
Mu yindi mikino ikomeye yabaye, Arsenal yatsinze Burnley ibitego 3-1, Chelsea inganya na Leicester 0-0, Manchester United itsindwa na Cardiff City 2-0, Everton inganya na Tottenham 2-2.
Cardiff City, Fulham na Huddersfield Town zo zamanutse mu cyiciro cya kabiri.Abafana ba Man United bakaba barangije Shampiyona nabi nyuma yo gutsindwa n’ikipe yamaze kumanuka mu kiciro cya 2 kandi ikayitsindira iwayo imbere y’abafana.

Ndayambaj F
3,443 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply