Mohamed Salah wa Liverpool yongeye kwegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza wa Afurika yikurikiranya
— December 15, 2018
Please enter banners and links.

Umunya-Misiri, Mohamed Salah, ukinira ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’Umunyafurika mwiza w’umwaka wa 2018 ku nshuro ya 2 yikurikiranya , gitangwa n’igitangazamakuru cya BBC.
Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya Salah w’imyaka 26 yegukanye iki gihembo. Kuri iyi nshuro yahigitse Medhi Benatia wo muri Maroc, Kalidou Koulibaly wo muri Senegal, Sadio Mane nawe wo muri Senegal na Thomas Partey wo muri Ghana.
Mu mwaka ushize wa 2017, Mohammed Salah yatsinze ibitego 44 mu mikino 52 yakinnye mu ikipe ya Liverpool.
Mu butumwa yatanze, Salah yagize ati “Ni ibyishimo kuba nongeye gutsindira iki gihembo, ndishimye kandi ndifuza ko n’umwaka utaha nazagitsindira.”


Salah kandi yavuze ko intego afite mu mwaka wa 2019, ari uko hari igikombe agomba kwegukanamo, kugira ngo abafana be bakomeze kwishima.
Yavuze ko buri gihe ahora akora cyane kugira ngo afashe ikipe ye kuba yagira icyo igeraho.
Uretse kuba yarafashije ikipe ye ya Liverpool kugera ku mukino wa nyuma wa Champions League umwaka ushize, uyu mugabo niwe wanafashije ikipe ye ya Misiri kujya mu gikombe cy’Isi giheruka kubera mu Burusiya, imikino iki gihugu cyaherukagamo mu mwaka w’1990.
BBC yatangaje ko yakiriye abantu batoye 650,000 muri uyu mwaka.
Salah abaye umukinnyi ukoze aya mateka yo kwegukana iki gikombe yikurikiranya, nyuma y’umunya-Nigeria Jay-Jay Okocha muri 2003 na 2004.
Mu bandi banyamisiri begukanyeho iki gihembo barimo Mohamed Barakat mu mwaka wa 2005 na Mohamed Aboutrika muri 2008.
3,592 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply