umu amakuru- Breaking News:Abantu 100 bari mu bwato muri L.Victoria barohamye 10 bamaze gupfa abandi baracyashakishwa | Umusingi

Breaking News:Abantu 100 bari mu bwato muri L.Victoria barohamye 10 bamaze gupfa abandi baracyashakishwa

Please enter banners and links.

Amakuru atugeraho aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko abantu 100 bari mu bwato mu Nyanja ya Victoria baturutse Mukono bishimisha ku mazi barohamye 10 muri bo bamaze gupfa.

Polisi yo muri Uganda imaze kwemeza ayo makuru ko abantu 10 bamaze gupfa ,polisi yo ku mazi ikaba irimo gushakisha abandi kugirango ibatabare ariko abandi bamwe ikaba yabatabaye ibakuramo ari bazima barimo n’umuhanzi uzwi cyane Iryn Namubiru .

abari mu bwato nkuko chimpreports ibivuga

Abamaze kurohorwa mu mazi bapfuye

Uwo mugore wambaye linete mu gahanga niwe muhanzi ukomeye nawe wari mu bwato ariko akaba yarokotse

Ubwato barimo

Mu itangazo rigufi rya polisi yasohoye kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Ugushyingo 2018 riravuga ko Polisi yarokoye abantu 40 ari bazima bari ku bwato bwarohamye muri L.Victoria.

Nkuko Polisi ikirimo gukora ubutabazi andi makuru ari butugereho nayo turayabagezaho ariko abafite imiryango yanyu mu gihugu cya Uganda mushobora kubaza .Ababuze ubuzima Imana ibakire mu bayo kandi imiryango yabo ikomeze kwihanga.

3,713 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.