Umutingito ukomeye wibasiye igihugu cy’Ubuyapani.
— April 14, 2016
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa gatatu taliki 13 Mata 2016 ,mu gihugu cy’uBuyapani mu gace ka Kumamoto ,umutingito ukomeye washenye amazu ndetse wangiza n’ibindi bintu bitandukanye.
BBC yanditse ko uyu mutingito wagaragaye mu mu burasirazuba bw’umujyi wa Kumamoto mu kirwa cya Kyushu mu gihugu cy’uBuyapani, mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu saa tatatu n’iminota makumyabiri n’itandatu ku isaha ngenga masaha GMT.
Nkuko byatangajwe n’ibiro bikuru bishinzwe iteganyagihe n’ubumenyi bw’ikirere cy’Ubuyapani (Meteology ) ngo uyu mutingito wari uri kugipimo cya Magnitude ya 6.4.

Police yo mu mujyi wa Kumamoto aho uyu mutigito wabereye ,yatangaje ko usibye inzu zangijwe n’uyu mutingito, ibindi biracyakorwaho igenzurwa kugira ngo hamenyekane byanyabyo ibyo uyu mutingito waba wangije nabo waba wahitanye.
Itangazamakuru ryo mu Buyapani ryatangaje ko ubwo uyu mutingito wabaga umuriro wakaga cyane mu nyubako zo mu gace ka Mashiki,aka kakaba gaherereye mu mujyi Kumamoto.

Iri tangazamakuru kandi ryakomeje rivuga ko hari ababonye umugore wari wagwiriwe n’amazu yari yashenkwe n’uyu mutingito icyakora Police yo ikaba ntacyo yigeze itangaza ku makuru yuyu mugore.
Nkuko BBC ikomeza ibivuga ngo ingendo za gare ya Moshi nazo zahagaritswe kubera uyu mutingito.
Umuvugizi wa leta y’uBuyapani nawe yatangaje ko uyu mutingito wangije ndetse ugasenya amazu meshi cyane ariko ingano n’agaciro k’ibyangiritse ntibiramenyekana kubera ko hagikorwa igenzurwa, bityo bikaba biza ku menyekana nyuma hamaze gukorwa igenzura.
Si ubwa mbere umutingito wibasira iki gihugu kuko no mu kwezi kwa gatatu muri 2011 mu gace ka Fukushima Daiichi umutingito wo mubwoko bwa Tsunami wabarirwaga ku gipimo cya Magnitude 9 ,wahabaye maze abarenga 18,000 bakahasiga ubuzima abandi bakaburirwa irengero ndetse ukanangiza byinshi.
Byahinduwe mu Kinyarwanda na
ZIGAMA Theoneste.
2,760 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply