umu amakuru- Ibihuha byavugwaga ko Safi yasimbujwe ,Nizzo na Humble G biyemeje gukomeza Urban Boys ari 2 Safi akirukanwa | Umusingi

Ibihuha byavugwaga ko Safi yasimbujwe ,Nizzo na Humble G biyemeje gukomeza Urban Boys ari 2 Safi akirukanwa

Please enter banners and links.

Nyuma y’umwiryane muri Urban Boys watumye Safi Madiba ayivamo , Nizzo Kaboss na Humble bari basigaye, kuri uyu wa gatanu Tariki 10 Ugushyingo 2017 bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru aho batangarije ko biyemeje gukomeza gukorana ari babiri Safi akirukanwa.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatanu I Kimironko ,hasobanuwe byinshi mu byatumye havuka umwiryane mu itsinda rya Urban Boys wanatumye itsinda risenyuka kandi ryari rimaze gukomera.

Ibaruwa itumira abanyamakuru muri iki kiganiro  yanditswe inashyirwaho umukono na Humble G umuvugizi akaba ariwe wari uhagarariye itsinda.

Uyu ni nawe wahageze mbere, Akaba yaje aherekejwe na 2 Pac uyu akaba ariwe wabaye umujyanama wa mbere w’iri tsinda kuva rikibarizwa i Huye. Nyuma y’igihe kinini bategereje Nizzo Kaboss yashyize ahagera akerereweho iminota igera kuri 40.

Nizzo akigera ahabereye ikiganiro n’abanyamakuru, Humble G yagarutse ku ncamake y’ukuntu Urban Boys yavutse n’aho yari igeze. Yavuze ko Urban Boys yavuyemo umuntu umwe ubu hasigayemo abantu babiri.

Yongeyeho ko kuba Urban Boys yari kompanyi yahombye umunyamuryango, wakoze akazi gakomeye ndetse amushimira ku ngufu yakoresheje mu kubaka kompanyi ya Urban Boys . Humble G yabwiye abanyamakuru ko uko bari batatu bari basigaye ari abakozi ba kompanyi n’ubwo bose bayifitemo imigabane.

Kuba rero ngo Safi yarasezeye ni umukozi wa Urban Boys wakoraga neza ariko wafashe umwanzuro wo gusezera. Akaba yahise avuga ko itsinda rikomeje ari babiri gusa.  Humble G yagize ati” Itsinda rirahari turi abantu b’abagabo turumva nitubona ko dukeneye undi muntu tuzamushaka cyangwa tuyikomeze turi babiri.”  Humble G yongeyeho ko itsinda rikomeje ari babiri. Ndetse akazi gakomeje.

Aha Humble G akaba yahise atangaza ko hari ibitaramo bagomba gukora ndetse bazahera no ku ndirimbo yari itarajya hanze bakoranye na Kitoko.Nizzo bakunda kwita Kabosi yirinze kuvuga byinshi ku bibazo bye na Safi.

 

3,471 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.