umu amakuru- Perezida Kagame yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa amashuri i Karembure | Umusingi

Perezida Kagame yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa amashuri i Karembure

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa gatanduta wa nyuma w’ukwezi tariki 28 Ukwakira 2017  nkuko bisanzwe wari umuganda rusange, Perezida Kagame yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Gahanga, mu muganda usoza ukwezi kw’Ukwakira 2017, ashyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ibyumba by’amashuri mu Rwunge rw’Amashuri rwa Karembure.

Ni umuganda wanitabiriwe n’abashyitsi baturutse mu Bwongereza no mu Muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza(Commonwealth) banakomereje mu muhango wo gutaha ku mugaragaro Stade ya Cricket yubatswe muri uyu Murenge wa Gahanga.

Perezida Kagame na Minisitiri Kaboneka

Perezida Kagame asuhuza abaturage

Perezida Kagame yashimiye aba bashyitsi n’abaturage bitabiriye umuganda nk’uko basanzwe babigenza, abasaba gushishikarira gutura mu Midugudu ngo ibikorwaremezo bakeneye bibagezweho mu buryo bworoshye.

Yagize ati “Turashaka gukomeza gutura mu Midugudu yubatse neza ngo dushobore kugeza ku baturage ibikorwaremezo. Amazi, amashanyarazi, amashuri, aho kwivuriza biroroha kubigeza ku baturage iyo batuye neza hamwe.”

Yakomeje asaba abaturage kugira uruhare mu bikorwa bibazamura n’inkunga zaboneka zigasanga barashyizeho akabo kuko ari byo bitera ishema.

Ati “Dukomeze uwo mutima wo kwikorera no gufatanya hanyuma igihugu cyacu kibone amajyambere. Turashaka amajyambere, turashaka kubaho neza, turashaka kubana neza, ibyo rero nta gishobora kutubuza kubigeraho kandi ntabwo ari twe twenyine.”

Nyuma y’uyu muganda, Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Stade Mpuzamahanga y’Umukino wa Cricket aho yavuze ko yitezweho guteza imbere uyu mukino mu Rwanda.

 

2,771 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.