umu amakuru- Uwavugwaga ko akundana na King James agiye kurongorwa | Umusingi

Uwavugwaga ko akundana na King James agiye kurongorwa

Please enter banners and links.

Ishimwe Elcy byagiye bivugwa ko yakundanye na King James impapuro z’ubutumire mu bukwe bwe zasohotse, we anahakana ko atigeze akundana n’uyu muhanzi nk’uko byavugwaga. Mu minsi ishize nibwo uyu Elcy yerekanye umukunzi we ndetse ubu ‘invitation’ z’ubukwe bwe na Mukunzi Fahad bagiye kubana zasohotse.

Ishimwe Elcy

Elcy yabwiye bimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda  ko yishimiye intambwe agiye gutera mu buzima yo gushinga urugo akabaho bitandukanye n’uko yari abayeho.

Ati “Gushinga urugo ni amateka mashya umuntu aba yinjiyemo, ni ishema rikomeye kwitwa umugore kuko hari igihe wicara ukibaza niba igihe cyawe kizagera. Icyanjye rero ni iki, ndabinezerewe cyane.”

Byafashe igihe kinini abantu bavuga ndetse bamwe bemeza ko Elcy akundana na King James, bombi icyo gihe barabihakanaga.

Elcy uyu munsi yatubwiye ko ntabyigeze bibaho, avuga ko bari baziranye bisanzwe ariko batigeze bakundana ngo ntabwo azi aho abantu babikuye bajya kubihimba.

Ati “Sinzi ahantu byavuye gusa ubusanzwe King James turaziranye ni inshuti yanjye.”

Elcy azasabwa tariki 10 Ukuboza 2017 naho tariki 17 Ukuboza basezerane mu rusengero rwitwa Kigali English Church ruri Kibagabaga.

Uyu mukobwa ubwo yavugwaga mu itangazamakuru ko akundana na King James abantu batandukanye bari batangiye kuvuga ko King James yahisemo neza kuko ari umukobwa mwiza ku isura ,afite igikundiro kandi agaragara nk’uwitonda.

 

 

2,928 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.