Anita Pendo yibarutse umwana w’umuhungu
— August 30, 2017
Please enter banners and links.

Umushyushyarugamba Anita Pendo yibarutse umwana w’umuhungu ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 29 Kanama 2017.
Anita Pendo abyaye uyu mwana nyuma y’amezi make yari ashize atangaje ko ari mu rukundo n’umunyezamu wa AS Kigali witwa Ndanda Alphonse ndetse bateganyaga kurushinga.
Anita yabyariye mu Murenge wa Remera mu bitaro bya La Croix du Sud bizwi cyane nko kwa ’Nyirinkwaya’.
Ku mbuga nkoranyambaga hari gucicikana ubutumwa bwishimira imfura ya Pendo na Ndanda. Tidjara Kabendera anyuze kuri Instagram abwira Pendo gusubirayo ati “Nta mahwa ariyo maaa. Imana igira neza.” Anongeraho ko kwitwa umubyeyi ari umunyenga.
Urukundo rwa Anita Pendo na Ndanda rwatangiye kuvugwa mu Ukuboza 2016 ubwo Anita yeguriraga umutima we Ndanda waje asimbura Producer David wo muri Future Records bari bamaze igihe kinini bakundana bakaza gutandukana ku bushake bwabo.
Mu minsi ishize MC Anita Pendo yatangaje byeruye ko yitegura kwibaruka, inkuru yashimishije benshi mu nkoramutima ze banabigaragaza mu butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Anita yibarutse nyuma y’iminsi ibiri gusa agaragaye mu gikorwa cyahuje abahanzi n’abazwi mu ngeri zitandukanye cyo gukusanya inkunga yo kuvuza umwana witwa Sheja ‘Together For Sheja’ urwaye kanseri cyabereye i Remera.

3,173 total views, 5 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply