umu amakuru- Kiyovu Sports yamanutse mu cyiciro cya kabiri | Umusingi

Kiyovu Sports yamanutse mu cyiciro cya kabiri

Please enter banners and links.

Kiyovu Sports yamanutse mu cyiciro cya kabiri nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports ibitego bibiri kuri kimwe ijyana na Pépiniѐre FC naho APR FC ibura umwanya wa kabiri yahanganiraga na Police FC.

Imikino yo ku munsi wa nyuma yari ihanzwe amaso cyane ni iyahuje Kiyovu Sports na Rayon Sports kuri Stade Mumena, Gicumbi FC na Pépiniѐre FC, Mukura VS na Kirehe FC yagombaga kugaragaza ikipe ya kabiri imanuka mu cyiciro cya kabiri inyuma ya Pépiniѐre FC.

Abakinnyi ba Kiyovu Sports

Abakinnyi ba Rayon Sports

Mu gihe indi mikino yose yatangiye ku i saa 15h30” nk’uko byari biteganyijwe ku masaha yashyizwe ahagaragara na Ferwafa, uwa Kiyovu Sports na Rayon Sports watangiye ukererewe iminota 11 bivugwa ko abakinnyi ba Kiyovu Sports baje ku kibuga badafite ibyangombwa ababishinzwe babanza gusubira kubizana.

Mu gihe umukino watangiraga ku Mumena, hashize iminota 10 gusa i Gicumbi Pépiniѐre FC yafunguye amazamu ku gitego cya Hassan wahawe umupira na Ishimwe Kevin ndetse bidatinze ishyiramo icya kabiri cya Nduwimana Michel nabwo wahawe umupira neza na Ishimwe Kevin.

Abakinnyi ba Kiyovu bakina n’abakinnyi ba Rayon Sports

I Huye naho byari ibicika hagati ya Mukura VS na Kirehe FC ariko abasore ba Sogonya Hamisi “Kishi” bari bazi neza ko amakiriro yabo ari ugutsinda uyu mukino, bityo bakaba bari bagiye mu Majyepfo y’u Rwanda nta kosa bashaka gukora ndetse birabahira ku munota wa 25 Uwimbabazi Jean Paul aha umupira mwiza Mani Frank nawe afungura amazamu, Kirehe FC iba ibonye igitego rukumbi yanatsinze muri uyu mukino.

Ku mukino wa Kiyovu Sports ari nayo yari ifite imibare myinshi kugira ngo irokoke, yatangiye isatira ishaka gufungura amazamu hakiri kare dore ko byasaga n’aho abakinnyi ba Rayon Sports bari batinze kwinjira mu mukino ariko uburyo Lomami André yabonye ntiyabasha kububyaza umusaruro.

Ibyago bya Kiyovu Sports byaje gukomera ku munota wa 32 ubwo Nova Bayama yazamukanaga umupira ku ruhande areba mugenzi we Tidiane Koné amuha umupira nawe ntiyakora ikosa aboneza umupira mu izamu, Rayon Sports iba ibonye igitego cya mbere.

Kugeza kuri iyi minota Kiyovu Sports yasabwaga kwishyura igitego ikabona n’icya kabiri ikizera kutamanuka ariko ntabwo byayoroheye kuko abakinnyi ba Rayon Sports bakomeje kuyisatira iminota 45 irangira ari igitego 1-0.

Mu gice cya kabiri Pépiniѐre FC yari izi neza ko yamaze kumanuka ariko ikaba yari yajyanye ishyaka ridasanzwe i Gicumbi, niyo yabanje kubona igitego muri iyi mikino yose yari ivuze byinshi, aho ku munota wa 63 yakinjije gitsinzwe na Nduwimana Michel cyari icya gatatu ku ikipe ariko n’icya kabiri cy’uyu mukinnyi.

I Huye mu gihe nta cyahindukaga kuko Kirehe FC yari ikiri imbere ya Mukura VS n’igitego kimwe, ku Mumena ho Rayon Sports yashimangiraga ko Kiyovu Sports igomba kumanuka bidasubirwaho itsindwa igitego cya kabiri cya Kwizera Pierrot ku munota wa 71 kuri coup franc.

Muri iyo minota, agahinda kagaragaraga mu maso y’abakunzi ba Kiyovu Sports yari imaze imyaka irenga 50 ikina icyiciro cya mbere ndetse ifite n’ibikombe bitatu bya shampiyona.

Kiyovu Sports yabonye igitego cy’impozamarira cyatsinzwe na Lomami André hasigaye iminota itatu ngo umukino urangire gusa cyabonywe n’abafana mbarwa kuko benshi bari bamaze kwisohokera mu kibuga.

Mu yindi mikino yabaye, APR FC yashakaga umwanya wa kabiri yari yakiriye Bugesera FC, itsindwa ibitego 2-1 bya Samson Ikechuku na Ruhinda Farouk mu gihe icy’impozamarira ya APR FC cyatsinzwe na Mwiseneza Djamal mu gihe Police FC yari yakiriye Marines FC iyinyagira ibitego 4-2 ihita ifata n’umwanya kabiri bidasubirwaho.

Uko imikino yose yarangiye:

 Mukura VS 0-1 Kirehe FC

 Gicumbi FC 1-3 Pépinière FC

 APR FC 1-2 Bugesera FC

 Police FC 4-2 Marines FC

 Musanze FC 1-0 Sunrise FC

 Espoir FC 0-1 AS Kigali FC

 

3,196 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.