umu amakuru-  Charly na Nina mu rugendo rwerekeza Bangui no mu Bubiligi banyuze Kampala | Umusingi

Charly-and-Nina 375c71349b295fbe2dcdca9206f20a06  Charly na Nina mu rugendo rwerekeza Bangui no mu Bubiligi banyuze Kampala

Please enter banners and links.

Charly-and-Nina 375c71349b295fbe2dcdca9206f20a06

 

Abahanzi Charly na Nina bagiye kunyura mu gihugu cya Uganda aho bafiteyo igitaramo gikomeye ,ni bava Kampala bazakomereza I Bangui muri Central Africa aho bazakora ikindi gitaramo gikomeye ku munsi w’abakundanye bita saint Valentin.

Avugana n’Ikinyamakuru Umusingi umuhanzi Nina yagize ati “tuzahaguruka ku italiki ya mbere Mutarama 2017 tujye Kampala mu gitaramo gikomeye  ni tuva aho tuzerekeza mu gihugu  cya Central Africa I Bangui naho tuhave twerekeze ku mugabane w’Uburayi mu gihugu  cy’uBubuligi ku italiki 27 hanyuma nituvayo tugaruke mu Rwanda”.

3eae2410-ecc8-49a3-ad18-835b07125f49

cPQLEi8

Aba bakobwa bamaze kugaragaza ko muzika yabo imaze gutera imbere cyane  igeze kurwego mpuzamahanga ndetse ishimishije cyane kandi bagaragaza ko ari abahanga cyane.

Indirimbo zabo zose ziza zikunzwe cyane zirimo iyitwa Indoro yakunzwe cyane ,Agatege ,Owooma n’izindi nyishi cyane.

Aba bahanzi bakaba babifashwamo n’umugabo umaze gukora izina muri muzika mpuzamahanga yarabitangiye bamuseka  witwa Muyoboke Alex wahesheje abahanzi batandukanye ibihembo.

Charly

1441375044_img_9341

Twashatse kuvugisha Manager w’aba bakobwa Muyoboke Alex kuri Telephone ye ntibyadukundira kugirango abwire abanyarwanda ibanga akoresha kugirango buri muhanzi abereye Manager akundwe n’ibihangano bye bibe byiza kandi bikundwe.

Ubu akaba ariwe ukorana n’abakobwa beza cyane bagezweho ku rwego mpuzamahanga ndetse n’indirimbo zabo zikaba zicurangwa ku mashene mpuzamahanga nka Trace TV n’andi menshi.

Umwe mu bakunze ba Charly na Nina witwa Iradukunda M Grace yagize ati “aba bakobwa nta kindi nabifuriza uretse gutera imbere bakagera ku rwego bo bifuza kuko baranyemeza iyo ndebye uburyo ari abahanga mu ndirimbo zabo binyereka ko bafite impano ikomeye tutabakekeraga”.

Grace yakomeje abifuriza kuzagira urugendo rwiza ndetse n’amahoro y’Imana.

Noella

 

2,758 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.