Charly na Nina mu rugendo rwerekeza Bangui no mu Bubiligi banyuze Kampala
— January 30, 2017
Please enter banners and links.

Abahanzi Charly na Nina bagiye kunyura mu gihugu cya Uganda aho bafiteyo igitaramo gikomeye ,ni bava Kampala bazakomereza I Bangui muri Central Africa aho bazakora ikindi gitaramo gikomeye ku munsi w’abakundanye bita saint Valentin.
Avugana n’Ikinyamakuru Umusingi umuhanzi Nina yagize ati “tuzahaguruka ku italiki ya mbere Mutarama 2017 tujye Kampala mu gitaramo gikomeye ni tuva aho tuzerekeza mu gihugu cya Central Africa I Bangui naho tuhave twerekeze ku mugabane w’Uburayi mu gihugu cy’uBubuligi ku italiki 27 hanyuma nituvayo tugaruke mu Rwanda”.


Aba bakobwa bamaze kugaragaza ko muzika yabo imaze gutera imbere cyane igeze kurwego mpuzamahanga ndetse ishimishije cyane kandi bagaragaza ko ari abahanga cyane.
Indirimbo zabo zose ziza zikunzwe cyane zirimo iyitwa Indoro yakunzwe cyane ,Agatege ,Owooma n’izindi nyishi cyane.
Aba bahanzi bakaba babifashwamo n’umugabo umaze gukora izina muri muzika mpuzamahanga yarabitangiye bamuseka witwa Muyoboke Alex wahesheje abahanzi batandukanye ibihembo.


Twashatse kuvugisha Manager w’aba bakobwa Muyoboke Alex kuri Telephone ye ntibyadukundira kugirango abwire abanyarwanda ibanga akoresha kugirango buri muhanzi abereye Manager akundwe n’ibihangano bye bibe byiza kandi bikundwe.
Ubu akaba ariwe ukorana n’abakobwa beza cyane bagezweho ku rwego mpuzamahanga ndetse n’indirimbo zabo zikaba zicurangwa ku mashene mpuzamahanga nka Trace TV n’andi menshi.
Umwe mu bakunze ba Charly na Nina witwa Iradukunda M Grace yagize ati “aba bakobwa nta kindi nabifuriza uretse gutera imbere bakagera ku rwego bo bifuza kuko baranyemeza iyo ndebye uburyo ari abahanga mu ndirimbo zabo binyereka ko bafite impano ikomeye tutabakekeraga”.
Grace yakomeje abifuriza kuzagira urugendo rwiza ndetse n’amahoro y’Imana.
Noella
2,758 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wa Rwanda Focus yafunguwe arangije umwaka muri gereza
Champions League: Amakipe ahabwa amahirwe yo gutwara igikombe uko yatomboranye ,Real Madrid na Manchester City, FC Barcelone na Napoli,Liverpool isigaye iryana izahura na Atletic Madrid
Leave a reply