Perezida Kagame na Museveni bifatanije na Donald Trump akimara gutsinda
— November 10, 2016
Please enter banners and links.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ,Paul Kagame yatangaje ko yifatanyije na Perezida mushya wa Leta Zunze ubumwe za Amerika ,Donald Trump watowe kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Ushushingo,2016 avuga ko intsinzi ye yabonetse mu buryo bwiza.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Perezida Paul Kagame yagize ati: “Nifatanyije na Donald Trump ku bw’intsinzi ye yabonye mu buryo bwiza. Twiteguye gukomeza umubano mwiza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe n’ubuyobozi bushya.”

Perezida Kagame na Perezida Trump
Perezida Kagame akaba ariwe wabaye uwa mbere mu bakuru b’ibihugu bagaragaje ko bishimiye Intsinzi ya Perezida Donald Trump harimo na Perezida Museveni wa Uganda n’uwu Burusiya Vladimir Puttin.
Perezida w’Amerika Donald Trump akaba yaravuze ko azashyira Perezida Museveni muri gereza naramuka atsinze ariko igitangaje n’uburyo Perezida Museveni yihutiye kumwifuriza itsinzi.

Perezida Trump na Perezida Museveni
Icyo gihe Museveni abajijwe ku byo Trump yavuze yagize ati azabanze akemure ibibazo by’Abanyamerika Abagande bafite uko bakemura ibibazo byabo ndetse avuga ko atazi Trump.
Itsinzi ya Perezida Donald Trump ikaba yatunguye abantu benshi kuko ntabwo yahabwaga amahirwe yo kuba yahigika uwo bari bahanganye ,Hillary Clinton dore ko n’abamwe bo mu ishyaka rya ba Repubulikani ahagarariye bari batakimushyigikiye .
Donald Trump akaba abaye Perezida wa 45 uyoboye Leta Zunze ubumwe za Amerika akaba simbuye kuri uyu mwanya uwari Perezida w’icyo gihugu Barack Obama.
Gatera Stanley
3,587 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply