umu amakuru- Mu mafoto : Abakobwa baherutse gukora ibirori bya ’Silent Disco’ beretswe itangazamakuru | Umusingi

Mu mafoto : Abakobwa baherutse gukora ibirori bya ’Silent Disco’ beretswe itangazamakuru

Please enter banners and links.

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abakobwa 14 n’abahungu babiri bafatiwe muri Silent Disco mu birori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’umwe muri bo, aho bose bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yashyizweho hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya COVID19.

Aba bakobwa baherutse gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto abagaragaza bari mu birori bya Silent Disco, ibintu bitavuzweho rumwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga.

Aba bakobwa nyuma yo gutabwa muri yombi bapimwe icyorezo cya Covid-19, ubu bategereje ibisubizo ariko iyi nkuru ikaba imaze iminsi ariko tukaba tuyibagejeje kugirango mumenye ko bitoroshye Polisi izajya ibafata abafite iyo migambi yo gukora ibitaramo n’ibirori bitemewe.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba bantu bose uko ari 16 bafashwe kubera ko bakoreye ibirori mu rugo kandi binyuranije n’amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.

Amwe mu mafoto y’aba bakobwa n’abasore yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ubwo bari bakoze ibi birori bya Silent Disco

Aba bakobwa bose bari mu maboko ya Polisi aho bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko aba bose baracibwa amande ya 25,000Frw, uwateguye ibi birori akazacibwa amande ya 200.000Frw.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yasabye abantu kubahiriza amabwiriza yashyizweho

2,896 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.