Ikamyo yaguye mu muhanda Ikamyo yakoze impanuka yikoreye isanse ifatwa n’inkongi y’umuriro
— January 27, 2016
Please enter banners and links.

Ikamyo yaguye mu muhanda
Ikamyo ipakiye lisansi yacitse feri igwa mu muhanda wa Kigali-Muhanga irashya irakongoka muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.
Polisi y’igihugu yahise ihagoboka izimya inkongi itaraba nyinshi bikabije.
Umuvugizi w’Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda SP Ndushabansi Jean Marie Vianney yavuze ko iyo mpanuka, yabaye mu rukerera yatewe no kubura feri kw’iyo kamyo yari itwawe na Hitayezu Patrick.
Yagize ati “ Ni ngombwa ko abatwara ibinyabiziga bajya bagenzura ibinyabiziga, bakareba ko feri zihagije mbere yo gufata ingendo za kure.”
Gusa ibinyabiziga ushobora kugenzura ko buri kimwe ari kizima ugasanga ari kizima ariko waba ukigenda ibirometero bike kimwe mubyo wagenzuye kigangirika kikaba cyaguteza impamvuka.SP Ndushabandi yongeyeho ko inzego z’umutekano zatabaye vuba na bwangu abaturage batarahagera, ntihagire ubasha gusahura amavuta yamenekaga.
Ahabereye iyo mpanuka hari hari abaturage benshi bafite amajerikani baje kuvoma lisansi kuko yahise itangira kumeneka mu muhanda no mu kabande kari munsi y’aho yaguye.
Bamwe mu baturage babonye iyi mpanuka batangaje ko iyi kamyo yari itwaye esanse yavaga mu cyerekezo cya Kigali igana mu ntara y’Amajyepfo, maze igice cy’inyuma kikaza gutandukana n’icy’imbere, rezerivuwari yuzuye lisansi ikagwa ukwayo.

Abaturage n’amajerikani bajya aho ikamyo yaguye kuvoma esanse
Supt. Ndushabandi yavuze ko kugira ngo ingeso yo kuvoma lisansi no kwiba ibiuruzwa by’imodoka zakoze impanuka izakemurwa n’uko inzego z’ibanze zizajya zitungira polisi agatoki zikagaragaza abaturage bahurujwe no gusahura ahabereye impanuka bagahanwa nk’uko amategeko abiteganya.
Ati “ Ni ngombwa ko abaturage barangwa n’umutima wo gutabara mu gihe habaye impanuka, aho guhuruzwa no gusahura cyangwa gushungera abari mu kaga.”
Ndushabandi yanenze ko abashoferi benshi badakunze gusoma ibyapa kandi ari byo bikwiye kubayobora mu mihanda batamenyereye, bigateza impanuka.
Ati “ Ubundi umuhanda ni umwe ku Isi, uba urambuye cyangwa ufite amakoni iburyo n’ibumoso, icyangombwa ni uko abatwara ibinyabiziga bakwiye kujya basoma ibyapa bakanabyubahiriza.”
umusingi1@gmail.com
3,216 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply