APR FC itsindiwe i Nyagatare bikomeye na Sunrise mu mukino w’ikirarane
— January 23, 2019
Please enter banners and links.

Mu mukino wa Shampiona utari warabereye igihe ikipe ya Sunrise yihagazeho ku kibuga cyayo, itsinda APR FC ibitego 3-2 i Nyagatare
Ikipe ya Sunrise yafunguye amazamu ku munota wa gatanu, ku burangare bwa myugariro wa APR FC, aho Sova Ally Musa yahaye umupira mwiza Babua Samson, asigarana n’umunyezamu Kimenyi Yves ahita amutsinda igitego.
Ku munota wa 38 w’umukino, APR Fc yatsinze igitego cyo kwishyura, ku mupira wazamuwe na Ombolenga Fitina, Sugira Ernest awukoraho n’umutwe, Kavumbagu wa Sunrise agiye kuwutera arawuhusha, Hakizimana Muhadjili ahita yitsindira igitego neza atazuyaje.



Ku munota wa 50 w’umukino mu gice cya kabiri, Sunrise yatsinze igitego cya kabiri, ku mupira wari uturutse muri koruneri maze Uwambajimana Leo Kawunga wahoze akinira Rayon Sports awutsinda n’umutwe.
Ku munota wa 68, APR Fc yaje gustinda igitego cyo kwishyura, nyuma y’aho Nzayisenga Jean d’Amour bita Mayor wa Sunrise FC yatakaje umupira imbere y’izamu, Nshuti Dominique Savio ahita atsindira APR FC igitego cya kabiri.
Ikipe ya Sunrise yaje gutsinda igitego cya gatatu ku munota wa 89 w’umukino, ni umupira wari uzamukanwe neza na Niyonshuti Gad uzwi ku izina rya Evra, awuhindura neza mu rubuga rw’amahina, umunya-Nigeria Samson Baboua wari watsinze igitego cya mbere.
Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mpande zombi
Sunrise FC: Itangishatse Jean Paul, Nzayisenga Jea D’Amour, Niyonshuti Gad, Rubibi Bonk, Niyonkuru Vivien, Uwambazimana Leon, Sinamenye Cyprien, Kavumbagu Junior, Babuwa Samson ERICK MAMBO Emmanuel Moussa Ally
APR FC: Kimenyi Yves, Ombolenga Fitina, Emmanuel Imanishimwe, Michel Rusheshangoga, Buregeya Prince, Mugiraneza Jean Baptiste Migi, Amran Nshimiyimana, Savio Nshuti, Muhadjiri Hakizimana, Byiringiro Lague na Sugira Ernest
3,748 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wa Rwanda Focus yafunguwe arangije umwaka muri gereza
Champions League: Amakipe ahabwa amahirwe yo gutwara igikombe uko yatomboranye ,Real Madrid na Manchester City, FC Barcelone na Napoli,Liverpool isigaye iryana izahura na Atletic Madrid
Leave a reply