Champions League: Amakipe ahabwa amahirwe yo gutwara igikombe uko yatomboranye ,Real Madrid na Manchester City, FC Barcelone na Napoli,Liverpool isigaye iryana izahura na Atletic Madrid
— December 16, 2019
Please enter banners and links.

Kuri uyu munsi kuwa mbere tariki 16 Ukuboza 2019 abantu bari bategereje uko tombora iribuhuze amakipe akomeye I Burayi ndetse no kumenya amakipe akomeye nka Liverpool isigaye iryana ndetse ihabwa amahirwe yo kongera gutwara iki gikombe uko ziributomborane.
Tombola y’uburyo amakipe azahura muri 1/8 cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, UEFA Champions League, yasize Real Madrid izahura na Manchester City mu gihe Liverpool ifite iki gikombe izahura na Atlético Madrid yo muri Espagne.
Iyi tombola yabereye mu Mujyi wa Nyon mu Busuwisi kuri uyu wa Mbere.


Umukino utegerejwe na benshi muri 1/8 ni uzahuza Real Madrid yo muri Espagne na Manchester City yo mu Bwongereza.
Chelsea izongera guhura na Bayern Munich, aho amakipe yombi yaherukaga guhurira ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa mu 2012, igikombe kikegukanwa n’iyi kipe yo mu Bwongereza ari nabwo bwari ubwa mbere igitwaye.
Paris Saint Germain yo mu Bufaransa izabanza kwakirwa na Borussia Dortmund yo mu Budage muri iki cyiciro.
Imikino ibanza izakinwa tariki ya 18,19, 25 na 26 Gashyantare 2020 mu gihe iyo kwishyura izaba tariki ya 10, 11, 17 na 18 Werurwe 2020.

Liverpool FC iheruka gutwara iki gikombe
https://www.youtube.com/watch?v=iSR4PaAiHn4
Umukino wa nyuma w’uyu mwaka uzaba tariki ya 30 Gicurasi kuri Ataturk Stadium yo mu Mujyi wa Istanbul muri Turikiya, aha akaba ari ho Liverpool yatwariye irushanwa rya 2005 itsinze Milan AC.
Uko amakipe yatomboranye muri 1/8 cya Champions League:
- Borussia Dortmund vs Paris St-Germain
- Real Madrid vs Manchester City
- Atalanta vs Valencia
- Atlético Madrid vs Liverpool
- Chelsea vs Bayern Munich
- Lyon vs Juventus
- Tottenham vs RB Leipzig
- Napoli vs Barcelona
3,088 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wa Rwanda Focus yafunguwe arangije umwaka muri gereza
Leave a reply