Hakozwe agakingirizo gapima indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina izafasha n’abafite ubumuga bwo kutumva .
— April 28, 2016
Please enter banners and links.

Abanyeshuri muri Kaminuza ya Isaac Newton Academy muri Ilford muri America bakoze agakingirizo gashobora kukwereka niba uwo mugiye gukorana imibonano mpuzabitsina afite indwara zandurira mu mibonano.
Aka gakingirizo gahindura ibara bitewe n’indwara uyambaye arwaye ,iyo ukambaye kagahinduka umuhondo biba bivuze ko urwaye ibisebe mu gitsina ,yahinduka ubururu ukamenya ko urwaye ibinyoro ,wayambara ntihindure ibara ukamenya ko uhagaze neza.
Aba banyeshuri bakoze aka gakingirizo bitwa Daanyaal Ali, Muaz Nawaz na Chirag Shaha bavuga ko n’ubwo bakoze ako gakingirizo bashishikariza abantu kujya bajya kwipimisha bakamenya uko ubuzima bwabo buhagaze.
Ikindi bavuga ko aka gakingirizo bashaka kugashyiramo inzogera wayambara urwaye SIDA inzogera ikavuga bityo uwo mwashakaga guhuza ibitsina akamenya ko urwaye SID.
Nkuko Ikinyamakuru Bukedde cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru kivuga ko aba banyeshuri bakoze ako gakingirizo bashaka kwita cyane ku babana n’ubumuga bwo kutumva ko kazajya kabaha amakuru yo kutandura kubera bahura n’ikibazo cyo kutumva amakuru ajyanye n’imyororokere.
Kubera nanone abagabo iyo bagiye gukora imibonano mpuzabitsinda baba bafite amerwe bashobora kutareba ko uwo bagiye kuyikorana agakingirizo ke kahinduye ibara ,iyo nzogera akazajya abafasha nabo kudakorana imibonano mpuzabitsina n’umuntu urwaye.
Ako gakingirizo kishimiwe n’abantu benshi kitwa S.T.EYE .
Byashyizwe mu Kinyarwanda na Gatera Stanley
2,850 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply