Museveni yatangiye gutinya Bobi Wine ko ashobora kumugambanira akamukura kubutegetsi nyuma yo guhura na Billgates na Obama
— September 29, 2017
Please enter banners and links.

Perezida Museveni wa Uganda yatangiye gutinya umuhanzi akaba n’Umudepite Bobi Wine ko ashobora kumukura kubutegetsi kubera uburyo akunzwe n’abaturage.
Bobi Wine aherutse muri Amerika aho yahuye n’umuherwe Bill Gates na Obama baganira ku itera mbere ry’ibihugu ariko Bobi Wine agarutse Polisi yamutegeye ku kibuga cy’indege baramufata baramufunga igihe gito bamukekaho ko yaba ari mu migambi yo gukuraho ubutegetsi buriho.
Bobi Wine yagaragaye kuri Televiziyo imwe mu gihugu cya Uganda asobanura uburyo Polisi yamufashe yababaza icyo bamushakira bakamubwira ko bari bumusobanurire akababwira ko azashaka umunsi akabatiba ariko barabyanga baramufata.

Yavuze ko yari yagiye mu nama nyuma y’uko Abadepite bagenzi be bahisemo ko ariwe ujya muri iyo nama ariko ubutegetsi bwa Uganda bukaba bwaramugizeho impungenge ko ashobora kugambanira Perezida Museveni akamukura kubutegetsi kubera guhura nabo baherwe ndetse akaba akunzwe cyane mu gihugu cya Uganda.
Ubu mu gihugu cya Uganda hari intambara mu Nteko ishingamategeko yo guhindura itegeko nshinga aho bamwe bashaka ko iryo tegeko rihinduka abandi badashaka ko rihinduka ku buryo Abadepite birirwa barwana aho bamwe bavuga ko ibyo byose ari ubutegetsi abaturage batagikeneye.
Itegeko nshinga ririmo guteza ibibazo mu Nteko ishingamategeko ya Uganda ni uko bashaka ko habaho imyaka runaka uyobora igihugu atagimba kurenza abandi bagashaka ko barireka umuntu akajya ategeka imyaka yose ashaka.
Bobi Wine ubwo yasobanuraga ifatwa rye yahamagariye abaturage guhaguruka bakarwanira igihugu cyabo kugirango kigire amahoro ati “abaturage nibo baba baradutumye kubavugira ibyo bifuza ariko iyo bikomeye nkuko ubu bimeze abaturage ntibaba bakwiye kudutererana nibahaguruke baze dufatanye Museveni siwe wenyine wategeka Uganda hari n’abandi benshi”.
Muhungu John –Kampala
2,659 total views, 3 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply