umu amakuru-    Umuhanzi Teta yikuye mu irushanwa rya PGGSS 6 | Umusingi

Teta D    Umuhanzi Teta yikuye mu irushanwa rya PGGSS 6

Please enter banners and links.

Teta D

 

 

Mu itangazo yashyize ku mbuga ze akunda gukoresha harimo na Facebook ,umuhanzi Diana Teta yavuze ko atazitabira irushanwa rya PGGSS6 kubera impamvu ze bwite.

Iri rushanwa abahanzi bakomeye mu Rwanda bamwe na bamwe bagiye bavuga ko bataryitabira abandi barigiyemo bwa mbere barahira kutarisubiramo nka Man Martin yarigiyemo rimwe gusa avuga ko atazarisubiramo ,Kitoko yanze kurijyamo ,Teta nawe ati uyu mwaka mfite gahunda nyinshi nihaye intego uyu mwaka ariko ubutaha niritegurwa mfite umwanya nta kizambuza.Mu magambo ye ku rubuga rwa facebook yagize ati Mbere na mbere ndashimira itangazamakuru, abatunganya umuziki (producers), aba DJ’s ndetse n’abandi bose bafite aho bahurira n’uruganda rw’umuziki mu Rwanda.

Ndabashimira icyizere bangiriye, ni byinshi bagenderaho batora abahanzi ariko icya mbere ni ibikorwa; nishimiye rero ko ibikorwa byanjye byabanyuze, bakaba babigaragaje.

Ariko,

PGGSS ije ubu ni mu kwezi kwa 3 gushyira ukwa 4, isanze hari indi mishinga ikomeye ntegura harimo na album yanjye ya mbere, hari intego nihaye uyu mwaka insaba kugira ibyo nigomwa, kubw’izo mpamvu nkaba ntazabasha kwitabira PGGSS kuri iyi nshuro yayo ya 6.

12512389_1216694821692209_129530136557709776_n

Guma Guma ni igikorwa cyiza kiduhuza n’abaturage mu bwinshi, ariko kandi umuziki nkora cyangwa nifuza gukora sinkukorera amarushanwa ndawukora nk’uburyo mfite bwo gutambutsa ubutumwa n’ibitekerezo. Biransaba kugira focus na commitment (intumbero) kugirango intego nihaye nyigereho, gusa igihe cyose Guma Guma cyangwa andi marushanwa azategurwa mfite umwanya, ntakizambuza kuyitabira. wink emoticon

Murakoze!.

Teta Janette

12801181_1216695308358827_3804754220574915922_n

8252_1216694958358862_1064252586909161028_n

Abasesenguzi uyu mwaka bavuga ko PGGSS6 ishobora kuzahomba kubera bamwe mu bahanzi bari kuyigurishiriza ibinyobwa byayo bashyiriweho amananiza nabategura iki gikorwa.

Umuhanzi nka Teta Diana ntiyakabuze muri Guma Guma ,Senderi International Hit Magafuli hit ,Bull Dog ,P.Fla n’abandi bandi.

Ikindi ibitaramo byakorwaga byaragabanijwe ariko nta mpamvu iratangazwa byagabanijwe niba ari amafaranga yabaye make ntawamenya ariko bizamenyekana.Ikindi kivugwa mu bantu muri iyi minsi ni uko abahanzi basigaye babona amafaranga bakanga kujya gucunaguzwa na Guma Guma kandi hari ibyo bashobora kwikorera ayo bari kuzabona n’ubundi bakayabona.

Biravugwa ko amafaranga babona muri Guma Guma ari make kuko abaye ari menshi ntawagira amahirwe yo gutorwa hanyuma ngo avuyemo kubera impamvu ze ibyo rwose niko bimeze ni uko baba bayagaye ariko ntibabyerure ngo babivuge.

Uburyo abahanzi batorwamo nabwo bwakomeje kunengwa ndetse havugwa byinshi ko hari abahanzi bagurira abanyamakuru kugirango babatore ,mbese iri rushanwa ntirarategurwa neza ku buryo abantu bavuga bati dore irushanwa riteguye neza nkayo tujya tubona mu bindi bihugu.

Abafana ba Teta bihangane ubwo bazajya bamubona mu bitaramo bindi azajya ategura dore ko avuga ko mu byamubujije kwitabira Guma Guma harimo no gukora Album ye ya mbere bivuze ko arimo kubategurira ibintu byiza.

Noella

 

2,957 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.