umu amakuru-    Urban boyz yakuyeho urujijo kubakekaga ko bashobora kutitabira Primus Guma Guma Super Star 6 . | Umusingi

1441452566    Urban boyz yakuyeho urujijo kubakekaga ko bashobora kutitabira Primus Guma Guma Super Star 6 .

Please enter banners and links.

1441452566

 

 

Mu kiganiro n’itangazamakuru umwe mu bagize itsinda rya Urban Boyz Safi Madiba yakuyeho urujijo rwa bamwe bibazaga ko batazitabira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 6. Mu magambo ye yatangaje ko bazitabira PGGSS 6 ntakizababuza.

Nyuma yuko itsinda rya Urban boyz rigaragariye ku rutonde rw’abahanzi 10 bazahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star uyu wa 2016  ku nshuro ya 6,benshi bibazaga ibabazo bitandukanye bati “ese nanone bazongera bikure mu irushanwa nkuko babikoze ubushize?”.

12036935_1677847959119652_4576646878998949868_n

Umuhanzi  Safi Madiba mu izina rya Urban  boyz mu gukuraho urujijo rwari rufitwe na bamwe mubakunzi b’umuziki  wa Ubarn boyz , yavuze ko ntakizatuma batitabira iri rishanwa kandi biteguye gukora kuburyo bwose bushbooka bakaritwara.

Mu magambo ye Safi Madiba yagize ati”Twarabaze tarareba tubona amafaranga atari make bitatubuza kwitabira,ikindi kandi na roadshows( ibitaramo) umubare wabyo waragabanutse,ubu turi tayali ahubwo icyo dusba abafana nibahaguruke badushyigikire”.

Iri tsinda rimaza igihe rikora muzika hano mu rwanda ryagiye ryitabira amarushanwa yagiye atambuka ya PGGSS biturutse ku ndirimbo ndetsen’ibikorwa bifatika byatumye batorwa mubahanzi bahize abandi.

 

Urban boys biteguye kuririmbira neza abakunzi babo muri PGGSS6

 

Zimwe mu mpamvu zatumye bikura mu irushanwa riheruka bavugaga ko amafaranga agenerwa umuhanzi atari ahagije kuburyo batayakoresha nk’itsinda ngo abafashe mu myiteguro y’ibitaramo bagomba gukora.

Ubundi umuhanzi watowe mu 10 ba mbere barushije abandi ibikorwa byabo by’ubuhanzi  byiza  yitabire irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star agenerwa milioni imwe y’amafaranga y’u Rwanda buri kwezi akayakoresha mu myiteguro y’ibitaramo bigize iryo rushanwa.

Tubibutse ko kugirango umuhanzi yitabire aba yaratowe n’abanyamakuru ,abaDjs ndetse n’abakurikiranira hafi iby’umuziki nyarwanda hanyuma amajwi akabarurwa n’abategura amarushanwa.

ZIGAMA Theoneste@umusingi.net

 

3,244 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.