Urban boyz yakuyeho urujijo kubakekaga ko bashobora kutitabira Primus Guma Guma Super Star 6 .
— March 27, 2016
Please enter banners and links.

Mu kiganiro n’itangazamakuru umwe mu bagize itsinda rya Urban Boyz Safi Madiba yakuyeho urujijo rwa bamwe bibazaga ko batazitabira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 6. Mu magambo ye yatangaje ko bazitabira PGGSS 6 ntakizababuza.
Nyuma yuko itsinda rya Urban boyz rigaragariye ku rutonde rw’abahanzi 10 bazahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star uyu wa 2016 ku nshuro ya 6,benshi bibazaga ibabazo bitandukanye bati “ese nanone bazongera bikure mu irushanwa nkuko babikoze ubushize?”.

Umuhanzi Safi Madiba mu izina rya Urban boyz mu gukuraho urujijo rwari rufitwe na bamwe mubakunzi b’umuziki wa Ubarn boyz , yavuze ko ntakizatuma batitabira iri rishanwa kandi biteguye gukora kuburyo bwose bushbooka bakaritwara.
Mu magambo ye Safi Madiba yagize ati”Twarabaze tarareba tubona amafaranga atari make bitatubuza kwitabira,ikindi kandi na roadshows( ibitaramo) umubare wabyo waragabanutse,ubu turi tayali ahubwo icyo dusba abafana nibahaguruke badushyigikire”.
Iri tsinda rimaza igihe rikora muzika hano mu rwanda ryagiye ryitabira amarushanwa yagiye atambuka ya PGGSS biturutse ku ndirimbo ndetsen’ibikorwa bifatika byatumye batorwa mubahanzi bahize abandi.
Urban boys biteguye kuririmbira neza abakunzi babo muri PGGSS6
Zimwe mu mpamvu zatumye bikura mu irushanwa riheruka bavugaga ko amafaranga agenerwa umuhanzi atari ahagije kuburyo batayakoresha nk’itsinda ngo abafashe mu myiteguro y’ibitaramo bagomba gukora.
Ubundi umuhanzi watowe mu 10 ba mbere barushije abandi ibikorwa byabo by’ubuhanzi byiza yitabire irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star agenerwa milioni imwe y’amafaranga y’u Rwanda buri kwezi akayakoresha mu myiteguro y’ibitaramo bigize iryo rushanwa.
Tubibutse ko kugirango umuhanzi yitabire aba yaratowe n’abanyamakuru ,abaDjs ndetse n’abakurikiranira hafi iby’umuziki nyarwanda hanyuma amajwi akabarurwa n’abategura amarushanwa.
ZIGAMA Theoneste@umusingi.net
3,244 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply