umu amakuru-        ITOHOZA :Dr.Sezibera gusubira muri Minisiteri y’Ubuzima | Umusingi

       ITOHOZA :Dr.Sezibera gusubira muri Minisiteri y’Ubuzima

Please enter banners and links.

 

 

 

 

Amakuru aturuka mu nzego zifata ibyemezo aravuga ko Dr.Sezibera  Richard agiye gusubizwa Minisiteri y’ubuzima agasimbura uwamusimbuye Dr.Agnes Binagwaho .

Uwadutangarije ayo makuru ariko utarashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “n’ubwo bitoroshye ariko Dr.Sezibera azasubira muri Minisiteri y’Ubuzima kuko aho agendeye ibintu byasubiye inyuma ariko ubwo yagarutse turimo kureba uburyo yayisubiramo agasubiza ibintu ku murongo”.

Iyi Minisiteri nyuma yo kugenda kwa Binagwaho hakomeje kuvugwamo ibibazo bitandukanye bamwe bagakeka ko wenda ari uko Minisitiri Binagwaho atazi Ikinyarwanda kuburyo abwira abakozi be ndetse n’abaturage ngo bamwumve neza cyangwa se n’ibintu byanze gusa bikabayobera.

ivur_dr_sezibera_aganira_na_prof_philip_cotton_umuyobozi_wa_chms_na_minisitiri_binagwaho (1)

Minisitiri Binagwaho na Dr.Sezibera

Muri iyi minsi haravugwa Malaria nyinshi mu Rwanda aho bikekwa ko byatewe n’inzitiramibu zazanywe zitujuje ubuziranenge.Imibu yabaye myinshi ku buryo bamwe bavuga ko nayo ishobora kuba iri mu bitera Malaria ariko Sezebera yari yarabishyize ku murongo.

Iyo urebye hirya no hino usanga hari amavuriro yagiye atinda kurangira kubakwa muri za Rusizi ,Imitungo ya Leta irimo kwangirika itagira gikurikirana mu mavuriro amwe na mwe nka Ruhango hari Ambulance yaboreye mu I Garage na moto imaze imyaka iparitse.

Mituelle de santé bariyirya uko bashatse baherutse gufunga bamwe mu bayobozi bayiriye ,Imirire mibi muri Gakenke ibyo byose n’ibindi Sezebera yari yarabishyize kumurongo.

Dr.Sezebera ubu utarabona akazi nyuma yo kuva mu gihugu cya Tanzania aho yari koraga nk’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango w’Afurika y’ibuhugu by’Iburasirazuba .

Ndetse bamwe nyuma yo kumva ko yasimbuwe kuri ako kazi batangiye kugenda babiganira hirya no hino no muri taxi zitwara abagenzi bavuga ko akwiye gusubizwa muri Minisiteri y’Ubuzima.

Muhungu John

 

 

 

3,473 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.