umu amakuru- Umukobwa witwa Pia Pound umaze iminsi yaratwaye Eddy Kenzo umutima, abandi basore baramurwanira ariko aruta Rema ubwiza? | Umusingi

Umukobwa witwa Pia Pound umaze iminsi yaratwaye Eddy Kenzo umutima, abandi basore baramurwanira ariko aruta Rema ubwiza?

Please enter banners and links.

Hashize iminsi havugwa ibibazo by’urugo rwa Eddy Kenzo ko yarutaye umugore we witwa Rema ahora mu itangazamakuru abazwa aho umugabo yagiye.

Mu binyamakuru bitandukanye byanditse inkuru nyinshi hagati y’aba bahanzi bashakanye ndetse bimwe bikavuga ko umugore wa Kenzo avuga ko yabuze umugabo we ko atakimuha umwanya nk’umugore we wo mu rugo ahubwo ko abantu bamubonana n’abandi bakobwa beza cyane.

Pia Pound

Rema wambaye ubururu

Pia Pound

Eddy Kenzo ukunzwe cyane n’abakobwa n’abagore ndetse n’ubwo aheruka mu Rwanda abakobwa bamwe baramurwaniye bamwe bamusaba nimero ye ya Telephone abandi bashaka ko abatereta ndetse abandi bashaka ko yagirana nabo urukundo mu ibanga ariko abenshi nibyahariye kuko nimero ye yayihaye umukobwa umwe gusa tutazi niba ariwe Kenzo yabonye uruta abandi mu Rwanda.

Nyuma y’ibibazo byinshi yavuzweho ko yataye umugore we ,ubu hari amakuru avuga ko Kenzo asigaye akundana n’umuhanzi ukizamuka witwa Pia Pound amazina ye nyayo ubundi yitwa Tracy Kirabo.

Uyu mukobwa bivugwa ko amaze igihe mu rukundo na Eddy Kenzo mu ibanga ariko ubu bikaba byamaze kumenyekana nyuma y’uko Kenzo amusinyishije muri ye ubu akaba abarizwa mu itsinda rya Kenzo.

Abantu batandukanye bamwe baravuga ko ari mwiza cyane ndetse aruta umugore wa Kenzo witwa Rema Namakula abandi bakavuga ko Rema amuruta ubwiza ku buryo hari impaka nyinshi kuri aba bahanzikazi bombi ngo ni nde uruta undi ubwiza?.

Abandi bavuga ko n’ubwo Pia Pound yaba aruta Rema ubwiza ko Kenzo adakwiye gutwarwa n’irari ry’abahanzi ngo asige umugore kuko n’uwo akurikiye azagera igihe abone undi umuruta ubwiza kandi umugabo ntiyahora muri ibyo.

Hari utashatse kuvuga amazina ye ariko yagize ati “Kenzo akure ave mu by’abana arebe bagenzi be nka Bobi Wine ,Chamilion,Bebe Cool n’abandi bamaranye imyaka myinshi n’abagore babo kandi barabakunda n’ubwo babona abandi beza iyo baba bagiye mu bitaramo hirya no hino ku isi”.

Noella

2,941 total views, 15 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.