Tom Rwagasana wa ADEPR yarekuwe by’agateganyo Passport ye irafatirwa
— August 17, 2017
Please enter banners and links.

Urukiko Rukuru rwaraye rurekuye Tom Rwagasana wahoze ari umuvugizi wungirije w’Itorero rya ADEPR akaza gutabwa muri yombi ashinjwa ibyaha birimo kunyereza umutungo w’iri torero.
We n’abandi bari abayobozi muri ADEPR bagera kuri batandatu mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka Urukiko rwari rwategetse ko bakomeza gufungwa iminsi 30 by’agateganyo kuko ubujurire bwabo nta shingiro bwari bufite.
Umuvugizi w’inkiko akaba n’umugenzuzi wazo, Itamwa Emmanuel amakuru tumaze kumenya ni uko uyu munsi yabwiyebimwe mu bitangazamakuru ko iki kemezo cyafashwe mu rubanza rusaba kongeza igihe cyo gufungwa by’agateganyo cyariho gisabwa n’Ubushinjacyaha.
Avuga ko iki kifuzo cyo kurekura by’agateganyo Tom Rwagasana cyasabwe n’Ubushinjacyaha kubera uburwayi bukomeye yabugaragarije.
Ati “Byumvikane neza ko atagizwe umwere ku cyaha akurikiranyweho ahubwo ni uko Urukiko rukuru rwasanze agomba gukurikiranwa ari hanze.”
Emmanuel Itamwa avuga ko Urukiko rukuru rwatanze amabwiriza uyu wahoze ari umuyobozi muri ADEPR agomba kubahiriza arimo kwitaba Ubushinjacyaha buri cyumweru.
Urukiko kandi rwategetse ko uregwa atanga icyemezo cye kijya mu mahanga (Passport) ku buryo atarenga imbibi z’u Rwanda.
Uyu muvugizi w’inkiko avuga ko uregwa akomeza gukurikiranwa, igihe cyo kumuburanisha cyagera akaza kuburana nk’abandi.
Mu byifuzo by’uregwa (Tom Rwagasana) yavugaga ko gereza ya afungiwemo itakibashije kumukurikirana, anagaragaza impapuro z’ibitaro byitiriwe Umwami Faycal ko afite uburwayi bukomeye.
Tom Rwagasana areganwa na Sebagabo Leonard, Eng. Sindayigaya, Niyitanga Salton, Gasana na Mme Christine Mutuyemariya wari umucunga mutungo wa ADEPR bo bakomeje gufungwa.
Baregwa kunyereza umutungo w’iri torero ubarirwa muri miliyari eshatu.
2,793 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply