Uganda:Kubera imitungo ababyeyi be bamusigiye abashakaga kuyitwarira bamubeshye ko yasaze bamutwara I Butabika
— July 29, 2017
Please enter banners and links.

Umugore yahuye n’ibyago ubwo abantu bashakaga kumwambura imitungo iwabo bamusigiye ubwo bamubeshyeye ko yasaze bakamufata ku ngufu bakamutwara mu bitaro byabarwayi bo mu mutwe ryitwa Butabika muri Uganda.
Uyu mugore avuga ko iyo yagezwaga mu bitaro byabarwayi bo mu mutwe bahitaga bamutera urushinge rumusinziriza ndetse bakamuha imiti ,imiti yamushiraho agaruye agatege n’ubwenge agatangira kuganira bakabona ko yakize bakamusezerera agataha.
Uyu mugore waganiriye n’umunyamakuru wacu utuye ahitwa Makindye yagize ati “nagize umugisha uvanze n’ibyago kuko iyo banjyanaga mu bitaro nagize gutya umuzungu wansanzeyo aranyikundira akajya amfasha kuko nari mfite umwana umugabo yansigiye bityo akajya amfasha”.
Abashakaga gutwara imitungo yanjye bamaze kumenya uwo muzungu wamfashaga bacungaga natashye hashize nk’iminsi 3 cyangwa icyumweru bakagaruka bakongera bakamfata kungufu bakansubiza Butabika nkasubira ku nshinge n’ibinini kandi ndi muzima.
Naje kubiganiriza undi mugore winshuti yanjye nzi ko ari inshuti ashobora kungira inama ariko nasanze ariwe mugome uruta abandi bose kuko yakoze buryo ki abwira wa muzungu wari waranyikundiye ko umwana wanjye azahura n’ibibazo bityo abwira umuzungu ngo azamuhe umwana abe ariwe umurera.
Uwo mugore nitaga inshuti yanjye byarangiye umwana bamumuhaye ariko yari agamije ko yabo uko arya amafaranga y’umuzungu kandi koko umuzungu yarayamuhaga habe no kunyibuka ko umwana ariraho ayo mafaranga ari uwanjye ndetse abizi ko ari ibintu bambeshyera kugirango babone uko barya imitungo yanjye.
Uyu mugore akaba agira ati”ubu se nzahora ku miti y’abarwayi bo mu mutwe kugeza ryari kandi iyo bayiguhaye igusaba kurya cyane”.
Muhungu John –Kampala
3,145 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
1 Comment
Iyi nkuru ntabwo ikwiye, uyu mugore bamutwara mu bitaro byabarwayi bo mu mutwe atasanzwe arwaye? None se uwo muzungu kuki atamufashije gukemura icyo kibazo cye cyaba mubeshyera ko arwaye mu mutwe? Ntabwo isobanutse neza. Murakoze