Perezida Nkurunziza yasuye Tanzaniya nyuma y’imyaka yaratinye kongera gusohoka igihugu
— July 21, 2017
Please enter banners and links.

Umukuru w’igihugu c’Uburundi, Pierre Nkurunziza kuri uyu wa kane tariki 20 Nyakanga 2017 yagize urugendo muri Tanzaniya, aho yagiye kubonana na mugenzi we John Magufuli. Amakuru yizewe avuga ko uwo mubonano wabo ugamije kwongera gutunganya ibiganiro bihuza Abarundi.
Urwo rugendo rwagizwe ibanga gushyika ku munota wa nyuma, rufite impamvu yo kuganira k’umugambi w’amahoro, nkuko byavuzwe na Macocha Tembele, umunyamabanga adasanzwe w’umuhuza w’impande zombi z’Abarundi, Benjamin Mkapa.
Amakuru yatanzwe n’umudiplomate utashatse ko amazina ye atangazwa, avuga ko uwo mubonano wabaye k’ubutumire bwa Perezida Magufuli, yatumwe n’abakuru b’igihugu byo mu karere ka Afrika y’Iburasirazuba bagamije kwumvisha Nkurunziza ko akwiye kwemera kujya yitabira ibiganiro bihuza Abarundi kuko bahangayikishijwe n’abantu bapfa ndetse n’ubuzima igihugu kirimo.
Perezida Nkurunziza ntiyari bwongere gusohoka Uburundi kuva mu kwezi kwa gatanu, 2015. Icyatumye atongera gusohoka igihugu yari I Dar es Salaam muri Tanzaniya mu nama ya EAC,yumva ko igihugu cyafshwe ku ngufu n’abasirikare atemerewe gusubira mu gihugu yari abereye Perezida.
Perezida Nkurunziza yamaze iminsi 2 yingunga bagenzi be barimo Perezida wa Uganda Museveni na Perezida wa Tanzania icyo gihe yari Kikwete ku buryo babimufashijemo agasubirayo ndetse abari bafashe igihugu (Coup d’Etat)bose arabafunga abandi baricwa.
Kuva icyo gihe Perezida Nkurunziza yari yaranze kongera gusohoka igihugu atinya ko aramutse asohotse umutekano utaragaruka mu gihugu ko hari abandi bafata igihugu adahari agahera mu buhungiro.Abazi ibya Politike bavuga ko gashyigura mashyiga izongera ikamushyigura agatangira kujya agenda noneho bakongera bakamukura ku butegetsi adahari.
Ariko nanone abazi politike nanone bavuga ko Nkurunziza n’ubwo gihugu cye cyafatwa ku ngufu n’abamurwanya yasubira iyi shyamba akarwana kuko n’ubundi yabayeho inyeshyamba igihe kirekire.
2,209 total views, 5 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply