Nyuma yo kunyura kuri TV mu kiganiro cyabashaka abakunzi nahamagawe n’abakobwa barenga 1000- Sennyonga
— November 10, 2016
Please enter banners and links.

Umusore witwa Sennyonga avuga ko ashimira Imana byimaze nyuma yo kumuha undi mugore kandi bafite ubumuga bumwe.
Sennyonga avuga ko bwa mbere yanyuze kuri Bukedde TV mu kiganiro cy’abashaka abakunzi akimara kunyuraho yakundanye n’umukobwa mwiza bamarana imyaka 3 gusa baratandukana kubera ko uwo mukobwa atashakaga kumubyarira.
Sennyonga agira ati “uwo mukobwa twakundanye bwa mbere yahoraga yiteza inshinge zituma adasama bituma tutabyumva kimwe kuko njye nashakaga umwana nyuma y’imyaka 3 turatandukana niko gusubira kuri Bukedde TV nibonera uwo duhuje kandi dukundana”.
Sennyonga akaba ari umuhanzi waririmbye indirimbo yitwa Ekimuli kya Meeya mu itsinda ryitwa Trust Production.
Umukobwa ubu yabonye yemeza ko bakundana kimwe kubera ko bahuje ubumuga yitwa Amina Namusose akaba afite imyaka 18.
Sennyonga avuga ko nyuma yo kuva kuri Televiziyo yahamagawe n’abakobwa benshi barenga igihumbi ariko yumva muri abo bose Amina ariwe ufite ijwi ryiza ndetse avuga neza amusaba ko bahura.
Umunsi bahura baraganiriye bava aho buri umwe yakunze undi by’amahirwe buri umwe afite ubumuga nk’ubwamugenzi we ikintu bavuga ko cyabashimishije kubera ko umwe adatinya undi kubera ubumuga afite.
Amina agira ati “mu byukuri nahoraga nshaka umugabo naramubuze ariko Imana yampaye uwo nishimye kandi ndamukunda cyane ndetse tukaba twaravuye iwacu naho baramwishimiye baramukunda ubu turimo gupanga gusubirayo ajye kunsaba byemewe n’amategeko ariko ubu tukaba tubana neza ntakibazo dufitanye”.
Sennyonga akaba avuga ko mbere y’ibindi byose babanje kujya kwipimisha agakoko gatera Sida basanga bombi ari bazima maze urukunda barutangirira aho ku buryo bavuga ko urukundo rwabo arirwo rwa mbere.
Amina iwabo akaba ari ahitwa Kamuli muri Busoga naho Sennyonga we akaba atuye ahitwa Matuga.
Muhungu John Kampala
3,676 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply