Magare aranengwa nyuma yo kuva mu ikipe ya “Mountain” akajya muri APR adasezeye
— July 30, 2020
Please enter banners and links.

Muhitira Felicien wamenyekanye ku izina rya Magare muri siporo yo gusiganwa ku maguru (Athletics) aranengwa bikomeye ku bwo kuva mu ikipe ya “Mountain Classic Athletics Club” yamenyekaniyemo, akajya mu ikipe ya APR y’imikino ngororamubiri, nta biganiro bibanje guhuza ikipe yari asanzwemo.
Nyuma yo kumva iyi nkuru umunyamakuru yabajije Magare impamvu yagiye adasezeye mu gihe mbere yahoraga ashima ubuyobozi bwa “Mountain” ko ari bwo akesha ubutunzi amaze kwigezaho kuko ajya bwa mbere mu marushanwa yo mu Butaliyani itike y’indege yayishyuriwe na Rukundo Johnson Perezida w’ikipe ya Mountain ifite icyicaro gikuru mu Karere ka Gicumbi, dore bimwe mu bikubiye mu gisubizo Magare yasubije harimo kwirengagiza aho yaturutse ati: “Ikipe ya APR yanyifuje kuva kera nkomeza kwanga, ariko nyuma yo gukora ibiganiro nsanga gukinira ikipe y’Ingabo z’Igihugu ari ishema”.
Ku ruhande rw’umutoza wa APR Athletics Club Rwabuhihi Innocent yabwiye itangazamakuru ko ataribo basabye Magare kuza muri APR ahubwo ari we wanditse abisaba kimwe n’abandi bakinnyi bose bifuza gukinira iyi kipe.

Muhitira Felicien bita Magare yagiye muri APR Athletics Club yirengagije ikipe yamufashije muri byinshi
Magare ngo hashize imyaka ine yandikiye APR ayisaba kuyikinira, ariko kuko yatinze gusubizwa yongeye kwandika indi baruwa ya kabiri yo kwibutsa ari na bwo yemerewe.
Amakuru aturuka muri bamwe mu bayobozi b’amakipe y’imikino ngororamubiri avuga ko ibyo “APR Athletics Club” ibakorera binyuze ku mutoza wayo rwa Rwabuhihi Innocent bibaca intege kuko bavunika bazamura abakinnyi bamara kugaragaza impano akabatwara.
Umwe muri aba bayobozi yagize ati:“Ibyo APR Athletics Club idukorera biduca intege kuko ntibyumvikana uburyo ufata umwana ukamuzamura ukamutangaho ibyo ufite byose yamara kuzamuka ukumva Rwabuhihi yamutwaye, ibi bishobora kuzasenya andi makipe”.
Magare azajya ahembwa 150,000Frs
Amakuru yizewe agera kuri iki kinyamakuru avuga ko Magare APR izajya imuhemba buri kwezi amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana na mirongo itanu (150,000Frs) ariko akazajya ahabwa uburenganzira bwe bwo kwitabira amarushanwa mpuzamahanga. Ibindi bikubiye mu masezerano Magare yagiranye na APR ni uko amasezerano ye azamara imyaka ibiri ishobora kongerwa.
Source/Impamba.com
2,705 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Leave a reply