Polisisi yagurishije ibintu byari birengeje amezi 6 harimo n’isanduka y’abapfu
— March 23, 2016
Please enter banners and links.

Mu gihugu cya Uganda mu mujyi wa Kampala ,polisi yaho yagurishije ibintu bitandukanye yari yarafashe bimaze amezi 6 biri mu bubiko bwa polisi ariko mubyaguzwe harimo n’isanduka bashyinguramo abantu bapfuye.
Abaguze ibi bintu birimo amaradio ,TV,intebe ,imeza ,amasakoshi ,Telephone zigezweho ,moto 33 ,ibitanda ,n’ibindi byinshi bitandukanye bavuze ko byaguraga amashilingi make cyane ugereranije nuko bisanzwe bigura ahandi bakaba babyishimiye cyane.



Ikigo gishinzwe kugurisha ibyo bintu kitwa WHIJO Auctioneers and Court Bailiffs cyabanje kujya mu rukiko kubisabira uburenganzira bityo urukiko rucyemerera kubigurisha.
Uwitwa Moses Nseera yagize ati “urukiko rwaduhaye uburenganzira bwo kugurisha ibintu byose byari birengeje amezi 6 byarafashwe n’abapolisi kuko bimwe bifatanwa abajura bikabura banyirabyo kandi abapolisi ntibemerewe kubitwara”.
Igikorwa cyo kugurisha ibyo bintu kijya kuba ari uko bamaze kunyuza amatangazo yo kugurisha ibyo bintu mu binyamakuru bitandukanye kugirango abantu babimenye bazaze kwigurira.
Isanduka bashyinguramo abantu bapfuye iyi polisi ikaba yarayifatanye abasore biyita NRM Poor Youth
bo mu Ishyaka rya Perezida Museveni .
Nseera akaba yatangarije Ikinyamakuru Bukedde cyo muri Uganda ko igurisha ryagenze neza kuko abaguzi bari benshi cyane kubera igiciro cyari hasi cyane.
Muhungu John
2,892 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply