umu amakuru- Nyamagabe: Kagenza afungiye kurigisa asaga miliyoni 2 z’ikigo nderabuzima yari abereye umucungamari | Umusingi

Nyamagabe: Kagenza afungiye kurigisa asaga miliyoni 2 z’ikigo nderabuzima yari abereye umucungamari

Please enter banners and links.

Polisi ikorera mu karere ka Nyamagabe  yafashe uwitwa Kagenza Vedaste w’imyaka 34 y’amavuko, ukekwaho icyaha cyo kurigisa umutungo w’ikigo nderabuzima cya Mbuga yari abereye umucungamari.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, IP Emmanuel Kayigi atangaza ko uyu mugabo yafashwe akurikiranyweho kunyereza amafaranga 2,265,000 y’ikigo nderabuzima, nyuma y’igenzura ryabaye ku mikoreshereze y’umutungo w’iki kigo.

IP Kayigi yagize ati:” Ubuyobozi bw’ivuriro bwakemanze imikorere ye maze bwikorera igenzura ku bufatanye n’abaterankunga b’iri vuriro, niryo ryasanze hari amafaranga angana kuriya yakoreshejwe mu buryo uyu mugabo adafitiye ibisobanuro, niko kumushyikiriza Polisi.”

Akomeza avuga ko uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Tare mu gihe Polisi yatangiye  iperereza ku bufatanye n’inzego zishinzwe igenzuramutungo mu bigo nderabuzima ngo harebwe ibyanyerejwe n’uburyo byakozwemo.

Umuvugizi wa Polisi  mu ntara y’Amajyepfo yavuze ko kurigisa no konona umutungo ushinzwe  ari icyaha gihanwa n’amategeko bityo abafite ibyo bashinzwe gucunga babyirinda kuko Leta yashyizeho  uburyo bwishi bwo gushaka amafaranga, ko  ntawe ukwiye kuyashakira mu nzira zitemewe.

IP Kayigi  yavuze ko Polisi y’u Rwanda ifite ubushobozi bwo gufata uwo ari we wese uzishora mu bikorwa nk’ibi n’ibindi bisa  nabyo, aha akaba yaboneyeho gushima abaturage bagaragaza ubunyangamugayo batungira agatoki Polisi abo bazi cyangwa bakeka ko ari abagizi ba nabi cyangwa bahungabanya umutekano ku bundi buryo, anabakangurira  gukomeza uwo muco wo gutanga amakuru ku nzego zishinzwe umutekano kuko bibafitiye akamaro  bikakagirira n’igihugu muri rusange.

Icyaha cyo kurigisa cyangwa konona umutungo ushinzwe gucunga gihanwa n’ingingo ya 325 mu gitabo cy’amategeko ahana aho ivuga ko umukozi wese  urigisa umutungo, amafaranga, impapuro zivunjwa amafaranga, ibyemezo by’imari n’inyandiko bya Leta cyangwa bitari ibya Leta cyangwa ibintu byimukanwa by’undi yabikijwe ku bw’umurimo ashinzwe; ahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10) n’ihazabuy’amafaranga yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’umutungo warigishijwe cyangwa  wononwe.

 

2,366 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.