Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo
— March 17, 2016
Please enter banners and links.

Itsinda rigizwe n’abapolisi 70 berekeje Malakal muri Sudan y’Epfo mu butumwa bw’amahoro aho bagiye gufasha bagenzi babo 170 basanzwe bakorera muri ako gace.
Aba bapolisi bagiye bahawe impanuro n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana mu cyumweru gishize, wabasabye ko bagomba gushyira hamwe kandi bagakora ibishoboka byose bagasoza ubutumwa bw’amahoro neza, aho bagomba gukora kinyamwuga kandi bakagaragaza isura nziza y’Igihugu cyacu cy’u Rwanda.

IGP Gasana Emmanuel umukuru wa polisi y’u Rwanda
Aba bapolisi bahagurukiye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, bari kumwe n’abasirikare bagiye gusimbura abari basanzwe mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’epfo (UNMISS); basezewe na Komanda wa Brigade ya 201, Koloneli Aloys Ngoga Kayumba, wari kumwe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Felix Bahizi Rutagerura uhagarariye ishami rya Polisi rishinzwe ubutumwa bw’amahoro.
Mbere y’uko burira indege, Col Kayumba yabwiye abapolisi n’abasirikare ko bagomba kubaha umuco w’igihugu bagiyemo, aho yagize ati” mugomba kurangwa n’ikinyabupfura ku rwego rwo hejuru kandi ndizera ko nimubyubahiriza muzagaruka mu gihugu cyanyu n’ishema ryinshi”.
Muri Sudan y’Epfo habarirwaga abapolisi b’Abanyarwanda 170, ubu hiyongereyeho abandi 70 byatumye igihugu cy’u Rwanda kigira abapolisi 240 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo (UNMISS)
Umusingi1@gmail.com
2,913 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply