umu amakuru- Diane Rwigara wangiwe kuba umukandida mu matora y’umukuru w’Igihugu agiye kugirana ikiganiro n’abanyamakuru | Umusingi

Diane Rwigara wangiwe kuba umukandida mu matora y’umukuru w’Igihugu agiye kugirana ikiganiro n’abanyamakuru

Please enter banners and links.

Uyu munsi kuwa 13 Nyakanga 2017 abanyamakuru batumiwe mu kiganiro Diane Rwigara wangiwe kuba umukandida na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kubera atari yujuje ibyangombwa ,ejo saa yine za mugitondo akazagirana ikiganiro n’abanyamakuru.

Iki kiganiro nkuko itangazo ryohererejwe abanyamakuru giteganyijwe ejo Kuwa 14 Nyakanga 2017 I Nyamirambo aho asanzwe ahurira n’anbanyamakuru saa yine za mugitondo.

Ntiharamenyekana ikigamijwe no guhura n’abanyamakuru ariko biravugwa ko ashobora kuba ashaka kubwira itangazamakuru ibijyanye no kwangirwa kuba umukandida mu bahatanira kuba Perezida w’Igihugu.

Ikiganiro cye kizaba umunsi w’ejo ubwo gahunda y’abakandida biyamamariza kuba Perezida izaba itangiye.Ikinyamakuru Umusingi cyagerageje kubaza Diane Rwigara mbere y’uko ikiganira yateguye n’abanyamakuru kiba impamvu yatumije abanyamakuru ariko atitaba Telephone ye.

2,665 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.