umu amakuru- Kayibanda usetsa abantu yaguye mu bajura baramukubita bamukomeretsa mu mutwe arembeye mu bitaro bya Nsabya | Umusingi

Kayibanda usetsa abantu yaguye mu bajura baramukubita bamukomeretsa mu mutwe arembeye mu bitaro bya Nsabya

Please enter banners and links.

Umunyarwenya uzwi cyane ku izina rya Kayibanda ubu ari mu bitaro bya Nsambya mu gihugu cya Uganda aho ku munsi w’ejo Kuwa 11 Nyakanga 2017 yaguye mu bajura bakamukubita bamukomeretsa mu mutwe.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi aravuga ko yakomerekejwe cyane mu mutwe ndetse akaba atabasha kuvuga.

Kayibanda yavuga iwe mu rugo ajya ku kazi ke akora kuri radio ya Bukedde ageze mu nzira imodoka ye yo mu bwoko bwa Mark II ishiramo esanse avuyemo kugirango ashake uwo atuma kumugurira iyo esanse nibwo abajura bahise bamusanga aho yarari batangira kumukubita bamukomeretsa igikanu no mu mutwe.Abajura bamwambuye Telephone ze ndetse n’amafaranga yari afite yose barayatwara.

Umugiraneza w’umumotari niwe wamutabaye amusanze aho abajura bamukubitiye amujyana kwa muganga aho umugore we witwa Ronina Nakalanzi yamusanze ubu akaba ariwe umurwaje.

Dr. Sam Mpagi niwe muganga wabanje kuvura Kayibanda avuga ko Kayibanda aza gukira kuko ibikomere yatewe bitageze ku bwonko.

Kayibanda akunze kumvikana cyane mu Rwanda yamamaza ibicuruzwa bimwe na bimwe kuri radio Flash FM ndetse akaba azwiho kuvuga ikinyarwanda kivanzemo ikigande.

Muhungu John –Kampala

2,799 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.