Indirimbo ya The Ben na Sheebah Karungi nshyashya yitwa Binkolera yatangiye kuvugisha benshi
— July 7, 2017
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa gatanu tariki 7 Nyakanga 2017 Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi ku izina rya The Ben yasohoye indirimbo y’amajwi yise ‘Binkolera’ yakoranye na Sheebah Kalungi wo mu gihugu cya Uganda.
Uyu muhanzi wakoranye indirimbo na The Ben n’umuhanzi ugezweho cyane muri Afurika cyane cyane mu gihugu cya Uganda akomokamo n’ubwo bivugwa ko umwe mu babyeyi be ari Umunyarwanda.
The Ben na Sheebah baherutse kujya muri Afurika y’Apfo mu ifatwa ry’amashusho y’iyi ndirimbo, The Ben yatangaje ko ari gutunganywa neza nayo izashyirwa hanze mu minsi iri imbere, muri iki gihugu bayafatiyemo bazengurutse ibitangazamakuru bitandukanye byo muri iki gihugu basobanura uko umuziki wabo bombi uhagaze muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Umuhanzi The Ben utarasubira muri Amerika ndetse amakuru avugwa ari uko agiye kugaruka mu Rwanda muri kampeyine z’amatora y’umukuru w’Igihugu akaba afite gahunda yo guteza imbere ibihangano bye ubina ko arusha abandi bahanzi bo mu Rwanda gushaka isoko ry’ibihangano bye .
The Ben kandi muri Afurika y’Epfo yanasuye sheni ya Televiziyo ya Trace, imwe mu zizwiho gukina indirimbo z’abahanzi batandukanye, The Ben yatangaje ko ntagushidikanya amashusho y’iyi ndirimbo najya hanze azatambutswa kuri aya mateleviziyo akomeye.
Mu bindi byari byajyanye The Ben, harimo gushyiraho itsinda rishinzwe kureberera ibikorwa bye, yaba muri Afurika y’Epfo ndetse no kumufasha kubimenyekanisha ku mugabane wose.
Atangaza kandi ko mu biganiro yatanze mu bitangazangamakuru yasuye, yavuze ko icyatumye ahitamo gukorana na Sheebah, ari uko ari umukobwa uri gukora cyane muri iyi minsi ndetse ari umwe mu bahagaze neza ku mugabane wa Afurika.
Abajijwe impamvu aba muri Amerika akaba adashishikajwe no gushakisha uko yakorana n’abahanzi bateye imbere ku isi, byumwihariko Abanyamerika, The Ben yavuze ko atakorana nabo atarabanza gufatisha umugabane wa Afurika wose.
The Ben uherutse kujya kurangiza uyu mushinga w’indirimbo muri Uganda, arateganya kugaruka mu Rwanda muri gahunda zifitanye isano na Muzika ndetse na gahunda z’umuryango we, azazira mu Rwanda igihe kimwe n’umuhanzi Meddy, uzaba uje mu bitaramo azakorera mu Rwanda, amakuru ahari ni uko aba bombi bazafatanya ibi bitaramo gusa The Ben yirinze ku byemeza kuko bakiri mu biganiro n’abari gutegura ibi bitaramo.
4,891 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Mayor wa Kamonyi UDAHEMUKA Aimable yeguye ku kazi kubera impamvu zikomeye
Leave a reply