Diane Rwigara yahuye na Ambasaderi Michael Ryan uhagarariye indorerezi z’amatora mu Rwanda
— July 5, 2017
Please enter banners and links.

Mu minsi ishize twabonye Diane Rwigara ushaka kuba Perezida yahuye na Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda ibyo bavuganye nta n’umwe muribo wabitangaje none ubu Diane Rwigara akaba yahuye na Ambasaderi Michael Ryan uhagarariye itsinda ry’indorerezi z’ibihugu byunze ubumwe bw’Iburayi (European Union).
Ikigaragara ku rukuta rwe rwa twitter Ambasaderi Michael Ryan bigaragara ko bahuye nyuma ya masaha 19 uhereye uyu munsi Kuwa 5 Nyakanga 2017.
Ambasaderi Michael Ryan yanditse ku rukuta rwe rwa twitter ati ibiganiro byiza hagati ya Diane Shima Rwigara ushaka kuba Perezida w’uRwanda mu matora ateganijwe mu kwezi gutaha akaba yihutiye kudusobanurira uburyo amasinya y’abantu bamusinyiye amwe atemewe.
Umunsi wo kuwa gatanu tariki zirindwi uku kwezi nibwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora azatangaza urutonde nyarwo rw’abakandida bazaba bemerewe kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu gihe abakandida bigenga bose nta n’umwe uremezwa ku rutondo rw’agateganyo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yemeje mu minsi ishize.
Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza Diane Rwigara icyo yaganiriye na Ambasaderi Michael Ryan ariko atatwitaba.
Abantu benshi hirya no hino usanga bavuga ko Diane Rwigara ashobora kuzemererwa kuba umukandida kuko yujuje ibyangombwa kandi kuba ari umukobwa watinyutse kwiyamamariza umwanya wa Perezida byamuha amahirwe.
Umwe mu baganiriye n’ikinyamakuru Umusingi utarashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “njye mbna Diane nakosora ibyo Komisiyo y’Amatora yavuze ku bijyanye na sinyatire z’abantu bamusinyiye bazamwemerera kwiyamamaza”.
Mu kiganiro n’abanyamakuru ahuruka kugirana nabo Diane Rwigara yavuze ko atemera ibyo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yavuze ko yasanze abamusinyiye bamwe sinyatire zidasa n’iziri kundangamuntu zabo . Michael Ryan @EUMichaelRyan 19 hours ago
Good talks 2day w pres candidate @ShimaRwigara. Important 4 credibility @RwandaElections to quickly clarify why so many signatures rejected
3,129 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply