umu amakuru- Inzoka yahagaritse isomwa ry’urubanza | Umusingi
<img class=Inzoka yahagaritse isomwa ry’urubanza">

Inzoka yahagaritse isomwa ry’urubanza

Please enter banners and links.

Ahitwa Kyegegwa mu Karere ka Kabalore  hafi y’umujyi wa Kampala uyu munsi tariki 21 Kamena 2017  inzoka y’icyatsi yahagaritse isomwa ry’urubanza ubwo abantu bari bicaye barimo kumva isomwa ry’urubanza bakabona inzoka yurira intebe umucamanza yari yicaye bavuza induru bamubwira ko inzoka igiye kumurya.

Umucamanza Derrick Byamugisha yasohotse yiruka afata igiti atangira kuyikubita.

Abantu bari baje mu rukiko batangiye gukeka ko ari iyo bohereje nk’ibirozi kubera urubanza ariko ikaba ntawe yakomerekeje cyangwa yariye.

Umuvugizi w’ubushinjacyaha witwa Kisawuzi yavuze ko inzu urukiko rukoreramo ari uko ikodeshwa kandi ifatanye n’andi mazu acururizwamo ariko iyo urukiko rugira inzu yarwo ntago ibibazo nk’ibyo byakagiye bibaho kuko ari ubwa kabiri icyo kibazo kibaye.

Ikibazo cy’inzoka kigeze kubaho mu ndege ubwo abashinzwe guterura imizigo muri Dubai basangamo inzoka kandi mbere y’uko indege ihaguruka bari babanje kuyisaka yose ariko bakayoberwa aho iyo nzoka yavuye.

Muhungu John –Kampala

2,792 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.