Menya ibitangaza byabereye muri Rwanda Day mu Bubiligi
— June 10, 2017
Please enter banners and links.

Uyu munsi tariki ya 10 Kamena 2017 n’umunsi abanyarwanda batuye mu gihugu cy’uBubiligi n’Uburayi batazibagirwa kubera ibyo biboneye muri Rwanda Day.
Bamwe mu banyarwanda baba mu mahanga bajyaga bumva Rwanda Day cyangwa bakayireba kuri Televiziyo ariko uyu munsi bari bahibereye mu gihugu cy’Ububiligi aho babwiye Ikinyamakuru Umusingi ko ari ibitangaza gusa.
Umwe mu bari bitabiriye Rwanda Day yagize ati “mbega ibintu byiza,twishimye bitarabaho uburyo Perezida Kagame aganiriza abantu abatega amatwi akumva ibibazo by’abantu ndetse n’ibitekerezo bitandukanye akagusubiza kandi ubona yishimiye kuba ari kumwe na twe twabyishimiye cyane ntahandi ndabona umuperezida uganira n’abaturage kuriya byadutangaje cyane”.
Ikindi cyatangaje abanyaburayi n’uburyo Aba Minisitiri barimo Mushikiwabo Louise ,Musoni James, Nsengimana Jean Philbert ,Johnston Businge na Claire Akamanzi bavuga ko baganiriye nabo neza bikabashimisha.





Minisitiri Mushikiwabo bamwishimiye cyane hano arimo kubaganiriza


Aba bari mu modoka berekeza aho Rwanda Day ibera baje kuyitabira






Bari barimo gukurikirana impanuro za Perezida Kagame



Perezida Kagame atanga impanuro abanyarwanda bishimiye

Ikindi cyabatangaje ni uburyo Perezida Kagame amaze guteza imbere u Rwanda ku buryo Isi yose imaze kumenya u Rwanda ndetse bikaba byaraduhesheje Agaciro inaha aho tuba mu mahanga twe biradushimisha cyane.Bishimiya kandi ijambo Perezida Kagame yababwiye aho yibukije Abanyarwanda baba mu mahanga guharanira kwiteza imbere ubwabo n’igihugu cyabo muri rusange ariko bubakiye ku ndangagaciro z’igihugu kuko bitabaye bityo nta cyagerwaho.
Mu mpanuro umukuru w’igihugu yahaye abitabiriye uyu munsi, yabibukije ko ibyo bakora byose badakwiye kuba ba nyamwigendaho ahubwo bagaharanira gukorera hamwe n’abandi mu bwuzanye busesuye kugira ngo iterambere rirusheho kwihuta.
Ati “Amateka y’igihugu ashingira ku bumwe, ku gukora, ku gukoresha ukuri. Kumva ko hari undi ushobora kuza kudukemurira ibibazo, ntabwo ari bwo buryo bikwiriye kumera kuko n’ingaruka zabyo zaragaragaye.”
Yakomeje agira ati “Umunyarwanda uba hanze twakishimira ko aho ariho hose hamubereye, afite icyo akora, afite ikimuteza imbere kandi nta n’ubwo ibyo bivuze ko umunyarwanda yibagirwa igihugu cye, ahubwo iyo bibaye ngombwa arahaha, agakora ajyana iwabo.”
“Biba byiza iyo abo hanze y’igihugu bakorana n’abo mu gihugu bakuzuzanya bikaba rwa Rwanda rugari mujya mwumva; rwa Rwanda rurenga imipaka. Iyo abo hanze n’abo mu Rwanda dukoranye, turugira u Rwanda rugari nkuko bikwiye. Hari byinshi tumaze kubaka ngira ngo ibyo ni byo twakomeza gutera imbere nk’abanyarwanda.”
Rwanda Day yabereye mu Mujyi wa Ghent mu birometero birenga gato 50 uvuye mu Murwa mukuru w’u Bubiligi, Bruxelles. Yitabiriwe n’abanyarwanda n’inshuti zabo bagera ku 4000 baturutse mu bihugu nk’ u Bubiligi, u Bufaransa, u Buholandi, u Busuwisi, u Butaliyani, u Budage, abo mu bihugu byo mu Majyaruguru y’u Burayi, u Burusiya, abo mu Bwongereza, abaturutse mu Rwanda n’ahandi.
Noella –Belgium
2,673 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply