Nyamirambo: Kanyanga yishe abantu 4 bivugwa ko yengeshejwe alcool yoza ibisebe
— June 10, 2017
Please enter banners and links.

Nyamirambo abantu 4 batuye mu Murenge wa Rwezamenyo, mu Karere ka Nyarugenge, bamaze kwitaba Imana bazize inzoga ya Kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe.
Ejo ku wa Gatanu tariki ya 9 Kamena 2017, ni bwo aba bantu bane barimo umugore bitabye Imana bazize Kanyanga banyoye yari yasembujwe alcool ikoreshwa kwa muganga.
Abatangabuhamya bo muri aka gace bavuga ko inzoga yahitanye aba bantu abayenga bakoresha alcool bagura ahitwa muri Kazi ni Kazi.

Umwe mu banyweye iyi kanyanga ajyanywe kwa muganga
Bavuga ko bamwe mu bazize iyi nzoga barimo umugore w’abana bane witwa Kampire Gaudance n’abasore batatu barimo uwitwa Claude na Jean Paul ndetse n’uzwi ku zina rya Yayu bose bakaba bari batuye mu Murenge wa Rwezamenyo.
Bemeza ko umubare w’abazize iyi nzoga ushobora kwiyongera bitewe n’uko benshi mu bayinyoye bajyanywe mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) bamerewe nabi.
Musaza wa Kampire Gaudance, witwa Nshimiyimna Robert, yavuze ko ahangayikishijwe n’imibereho y’abana 4 mushiki we yasize.
Yagize ati “Nibyo na mushiki wanjye yapfuye yishwe n’inzoga ya kanyanga yanyoye ku wa Kane, gusa njye mpangayikishijwe n’ubuzima bw’aba bana bane asize kubera ko nta mugabo yagiraga ndetse nanjye ubwanjye nkaba nta bushobozi mfite bwo kuba nabarera.”
Ubwo umunyamakuru yari ari gutara inkuru, muri ako kanya undi mugore na we wanyoye iyo kanyanga, yahise atangira kumererwa nabi ariko yanga ko abaturage bamujyana kwa muganga ahubwo asaba ko bamujyana mu bavuzi gakondo ngo kubera ko abantu bose bahajyanywe kwa muganga bahise bitaba Imana.
Abaturage bahise bamubeshya ko bamujyanye ku muvuzi gakondo birangira bamwerekeje ku bitaro bya CHUK.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Spt Hitayezu Emmanuel, yavuze ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyaba cyishe aba bantu.
Yagize ati “ Kugeza ubu ntituremeza niba iyo nzoga banyoye ari yo yabishe kuko ntayo twasanze aho batuye cyangwa ho bivugwa ko bayinyweraga, ku buryo tugikora iperereza kugira ngo tumenye icyabishe kuko hari babiri bapfuye ku wa Kane abandi bapfa ejo ku wa Gatanu.”
2,926 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply