Coaster yagonganye n’igare umunyonzi ahita apfa
— June 7, 2017
Please enter banners and links.

Ahagana saa tatu n’igice zo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Kamena 2017, nibwo Coaster yari igeze mu Kagari ka Ruhango mu Murenge wa Gisozi hafi y’urusengero rw’Abadivantisiti yagonganye n’igare ryari ririho abantu babiri rinapakiye amandazi, uwari uritwaye akaba ari we witabye Imana.
Umunyegare utaramenyekana izina wavaga ku Gisozi yerekeza mu mujyi wa Kigali, yagonganye na Coaster ya sosiyete ya RFTC yazamukaga ijya kuri kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) ahita yitaba Imana.
Biravugwa ko iyi mpanuka yatewe n’uko umunyegare yari yabuze feri bimuviramo kugongana na Coaster.


Iyi mpanuka ikimara kuba, nyakwigendera yahise ajyanwa ku Bitaro bya Kacyiru naho undi musore wari kuri iryo gare ahita ajyanwa kwa muganga kugira ngo akorerwe ubuvuzi bwibanze.
Bamwe mu bagenzi bagendera ku magare bifuza ko abatwara amagare bazajya bahugurwa ku bijyanye n’impanuka kuko bamwe bava mucyaro baje gushaka akazi bataramenya imihanda bigatuma bakora impanuka bikabaviramo kubura ubuzima bwabo n’abo baba batwaye.
3,591 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply