Umunyamakuru Eminante yakatiwe igifungo cy’imyaka 3 mu gihome
— May 13, 2017
Please enter banners and links.

Urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru rwakatiye umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal uzwi nka Eminante, igifungo cy’imyaka 3 n’amezi abiri nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubwambuzi bushukana hamwe n’uwo bareganwa.
Mugabushaka Jeanne de Chantal yatawe muri yombi tariki 27 Ugushyingo 2016.
Areganwa n’uwitwa Bizimana Ibrahim bombi bakaba barahamwe n’icyaha cy’ubwambuzi bushukana mu rubanza rwaciwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kacyiru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gicurasi 2017.
Aba bombi bakatiwe igifungo cy’imyaka 3 n’amezi abiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni eshatu buri umwe nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Inkiko, Itamwa Emmanuel, bakaba bafite uburenganzira bwo kujurira mu minsi 30.
Mu itabwa muri yombi rya Eminante byavugwaga ko akurikiranyweho icyaha cyo kwaka amafaranga abanyamadini abizeza kubashakira ibyangombwa mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).
Eminante yamenyekanye cyane nk’Umunyamakuru kuri Radio ya Contact fm na radio 10 na TV 10 mu biganiro by’ubusesenguzi. Yanakunze kugaragara nk’umukemurampaka mu bikorwa byo gutora Nyampinga w’u Rwanda ndetse no mu kuyobora ibiganiro mpaka bitandukanye.
2,337 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply