Ucyekwaho kwica Andrew Felix Kaweesi araborera mu bitaro nyuma yo gusanga ari umwere
— May 12, 2017
Please enter banners and links.

Meya wa Kamwenge Geofrey Byamukama araborera mu bitaro bya Nakasero nyuma yo gufatwa na Polisi acyekwaho kuba mu mugambi wo kwica AIGP Andrew Felix Kaweesi akajyanwa ahitwa Jinja aho yishwe urubozo ariko Imana ikamukiza.
Umuvugizi wa Polisi muri Uganda AIGP Asan Kasingye ariwe wasimbuye nyakwigendera yavuze ko Polisi yafashe abapolisi 2 barafungwa hakaba harimo gukorwa iperereza impamvu bishe urubozo umuntu ucyekwaho icyaha kandi ataragihamwa ndetse ko bitemewe kwica urubozo umuntu uwo ariwe wese nibaramuka bahamwe n’icyaha bakazabihanirwa nkuko amategeko abitegeanya.


Byamukama akimara gufatwa polisi yamubwiye ko igiye kumujyana kuri polisi ya Naggulu ariko bamujyana kuri polisi ya Nalufeenya aho bivugwa ko kuri iyi polisi ujyanyweyo akubitwa akicwa urubozo.
Nyuma yo gusanga ari umwere polisi yahisemo kumuvuza ibikomere yatewe n’imvune ubwo abapolisi bamukubitaga bashaka kumwica urubozo ariko Imana ikamukiza none kubera ibisebe afite ku mubiri arimo kuborera mu bitaro bya Nakasero kuko bamukomerekeje cyane.
Hari n’abandi benshi bafashwe bivugwa ko bari mu mugambi wo kwica Andrew Felix Kaweesi nabo uyu munsi Kuwa 12 Gicurasi 2017 nibwo bagejejwe imbere y’umucamanza bakaba batangiye kuburana.
Muhungu John Kampala
2,822 total views, 5 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply