Breaking News:Bishop Tom Rwagasana umuvugizi wungirije muri ADEPR nawe mu gihome
— May 5, 2017
Please enter banners and links.

Amakuru azindutse acicikana muri iki gitondo cyo Kuwa 5 Gicurasi 2017 navuga ko umuvugizi Wungirije akaba n’Ushinzwe Ubuzima bw’Itorero rya Pentekote mu Rwanda Bishop Tom Rwagasana yatawe muri yombi n’inzego za polisi aho akurikiranyweho ibijyanye no gukoresha nabi umutungo waryo.
Bishop Rwagasana yatawe muri yombi nyuma y’umunsi hafashwe n’abandi bayobozi batatu babarizwa muri ADEPR n’abo bakurikiranyweho gucunga nabi umutungo w’iri torero.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theo Badege, yemeje iby’ifungwa rya Bishop Tom Rwagasana ati “Turemeza ko Bishop Tom Rwagasana yatawe muri yombi, mu gihe hakomeje iperereza mu ikoreshwa nabi ry’umutungo muri ADEPR.”
Amakuru avuga ko Bishop Tom Rwagasana ku munsi w’ejo yiriwe ku biro by’ubugenzacyaha, CID, aho yahatwaga ibibazo. Bivugwa kandi ko kuri ubu afungiye kuri station ya Polisi ya Kicukiro.
Hari andi makuru kandi avuga ko Umunyamabanga Mukuru wa ADEPR, Rev. Sebagabo Bernard nawe ari gukurikiranwa n’inzego z’umutekano.
Andi makuru nanone avuga ko hari n’aandi barezwe ko banyereje umutungo w’Itorero cyera ko nabo bashobora gukurikiranwa bamwe bakaba bararezwe n’itsinda ry’Abapasiteri bayobowe na Uwabimfura Modeste kuko yakomeje kubitangaza mu bitangazamakuru bitandukanye ndetse n’inzego z’umutekano akaba yaraziregeye abo bantu.
Bamwe mu bakirisitu bo muri Nzahura batashatse ko amazina yabo atangazwa bavuze ko bakomeje amasengesho kugirango Itorero rizabone abayobozi beza bazateza imbere Itorero ADEPR kuko ntago bahora mu bibazo ibihe byose.
Abafunzwe bajya kujyaho nabwo habaye ibibazo byinshi bakuraho uwahoze ayobora iryo Torero Usabwimana Samuel ubu uvugwa ko yahunze igihihugu yibera mu gihugu cy’Ububiligi.
2,896 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply