umu amakuru-      APR FC itsindiwe muri Swaziland 1-0 | Umusingi

APR v      APR FC itsindiwe muri Swaziland 1-0

Please enter banners and links.

APR v

 

 

 

Kuwa 14 Gashyantare 2016 umunsi w’abakundanye ikipe ya Mbabane Swallows yo muri Swaziland itsinze APR FC Igitego 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye i Mbabane.
Igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino ku munota wa 24 gitsinzwe na Wilson.
Bamwe mu bakinnyi b’ikipe ya APR FC iyo batsinda bari kwizihiza uyu munsi neza n’abakunzi babo dore ko bakiri abasore bageze mu myaka aho urukundo ruryohera.
Umukino wo kwishyura uzabera i Kigali mu byumweru bibiri biri imbere .
Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga:
Kwizera Olivier, Rutanga Eric, Emery Bayisenge, Abdoul Rwatubyaye, Ngabo Albert, Yannick Mukunzi, Titi Tumaini Ntamuhanga, Butera Andrew, Janvier Benedata, Iranzi Jean Claude, Ndahinduka Michel.
Ikipe ya APR n’ubwo itsinzwe igitego kimwe ku busa ifite amahirwe menshi yo gutsindira I Kigali byibuze igatsinda ibitego 2 ku busa cyangwa 3 kuri kimwe kandi birashoboka kuko izaba iri iwayo ,ifite abafana ku kibuga cyayo.
Muhungu John

3,666 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.