Banki y’abaturage i Rusororo yibwe n’abantu bataramenyekana
— April 15, 2017
Please enter banners and links.

Kuwa 14 Mata 2017 Banki y’abaturage ya Rusororo i Kabuga mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali, yaraye itewe n’abajura baciye idirishya batwara amafaranga atazwi umubare yari mu mutamenwa.
Iyi Bank si ubwambere yibwe kuko no mu mwaka wa 2012 nabwo yaribwe nanone umubare w’amafaranga utazwi ,Icyo gihe havugwaga umucungamutungo wayo ko ariwe wateruye amafaranga menshi aburana nayo asiga umugore we bari bakimara gushakana nkuko umwe mu bakekwaga utarashatse ko amazina ye atangazwa yatangarije ikinyamakuru Umusingi.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu, yatangaje ko Polisi igikora iperereza ngo hamenyekane umubare w’ayo mafaranga n’abayibye bafatwe.
Yagize ati “Nibyo mu gitondo cy’uyu munsi nibwo hamenyekanye ko Banki y’abaturage ishami rya Rusororo hibwe n’abantu bataramenyekana. Tukimara kubimenya polisi yatangiye iperereza ntitwari twabasha kumenya ababikoze ariko turimo kubikurikirana.”
Asobanura ko abajura baciye idirishya ry’inyuma kuri banki bakinjiramo bakajya no ku mutamenwa nawo bakawumena bakabasha gutwara amafaranga yari muri Banki atarabasha kumenyekana ingano yayo.
Yagize ati “Ntabwo turamenya umubare w’ayo batwaye, nibyo turimo gukurikirana kugirango tumenye umubare w’amafaranga yibwe.”
Ku ruhande rw’abari bayirinze, SP Hitayezu, avuga ko batangaje ko bari barindiye imbere ku muryango kandi abajura banyuze mu muryango w’inyuma.
Bamwe bavuga ko ubujura buterwa n’ubukene buhari mu baturage aho usanga abantu baganira ngo muri iyi minsi hari ubukene bukabije ariko ibi ntibiri mu Rwanda gusa kuko na Uganda ,Kenya na Tanzania nahandi hatandukanye ubu hari ikibazo cy’ubukene.
2,727 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Leave a reply