umu amakuru- Intamba y’Isi yose ya 3 iratutumba gutangirira muri Syria | Umusingi

1030258361Intamba y’Isi yose ya 3 iratutumba gutangirira muri Syria

Please enter banners and links.

1030258361

Hashize imyaka igera muri 5 havugwa intambara mu gihugu cya Syria aho intagondwa z’Abayisiramu zishaka kugira igihugu cy’Abayisiramu gusa ,ikintu isi yose yamaganye ko byaba ari ivangura rishingiye ku idini byabuza abandi bantu batari abayisiramu uburenganzira bwabo kandi buri muntu afite uburenganzira bwo kujya mu idini ashaka.

Ikindi izo ntagondwa zishaka ni ukurwanya ibihugu by’ibihangange babiteza umutekano mucye aho batega ibisasu bigahitana abantu benshi cyane ku isi.

db91d27100cf37380d8857256867dbec

Intambara ya Syria ishobora kuba ariyo ntangiriro y’intambara y’isi yose kuko byatangiye abantu batazi ko izakomere cyane ariko ubu aho bigeze abantu batangiye kwemeza ko ishobora kuba ariyo ntangiriro y’intambara y’isi yose ya 3 nyuma yaho America na Russia n’ibindi bihugu byoherejeyo indenge z’intambara ndetse n’ibibunda byarurimbuzi na Korea ya ruguru n’ibihugu bihora bihanganye ku buryo bashobora gukozanyaho bahuriye muri Syria bityo urugamba rugakomera n’ibindi bihugu bigakomeza byoherezayo ingabo zabyo bikarangira ibaye intambara y’isi yose ya 3.

f3ec536821cd63bcefeb9f96f5032690

N’ubwo havugwa intambara muri Syria aho ibindi bihugu nabyo bikomeye kandi bihora bishyamiranye kubera imbunda za rurimbuzi bimwe bishyigikiye Leta ya Assad ibindi bishyigikiye inyeshyamba bityo kubera guhangana bigashobora guteza intambara ikomeye  aho bamwe bavuga ko izaba ari intambara y’isi.

Inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Perezida Assad zagaragaye zica abantu zikabarya cyangwa zikabanywa amaraso ibintu imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu nka Human rights Watch na Amnesty International bamaganye bakavuga ko ari ibikorwa bya kinyamaswa .

Perezida wa Syria Assad akaba adakozwa byo kumvikana n’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwe.

Hatewe ibisasu mu gihugu cy’uBubiligi ku kibuga cy’indege bihitana abantu benshi ,Hishwe abantu mu gihugu cy’uBufaransa ,Mu Bwongereza muri America no muri Sweden n’ibindi bihugu byinshi bivugwa ko ari intagondwa z’Abayisiramu zibikora ariyo mpamvu isi yose irwanya izo ntagondwa.

Muri Africa naho ntihorohewe muri Somalia ,Sudan y’Epfa ,muri Uganda naho bishe abantu benshi babateye ibisasu ,Muri Kenya bishe abanyeshuri benshi ndetse no mu bindi bihugu.

Muhungu John Kampala

3,037 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.