umu amakuru- Kayonza ruswa iravuza ubuhuha mu burezi 2 bari mu maboko ya polisi | Umusingi

RTEmagicC_KYZ_Bizimana.jpgKayonza ruswa iravuza ubuhuha mu burezi 2 bari mu maboko ya polisi

Please enter banners and links.

RTEmagicC_KYZ_Bizimana.jpg

Amakuru aturuka mu Karere ka Kayonza ni uko abashinzwe uburezi ku rwego rw’Akarere bari mu maboko ya polisi aho bacyekwaho ruswa.

Mu bindi bashinjwa harimo impapuro mpimbano ,itonesha n’icyenewabo nkuko bamwe mu nshuti zabo babasura babivuga ndetse bakaba bavuga ubu ko bamaze kujyanwa I Rukara.

Umwe mu bakozi b’Akarere ka Kayonza utarashatse ko amazina ye atangazwa yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko hari abantu 2 bari bakuriye uburezi mu Karere bari mu maboko ya polisi bashinjwa kurya ruswa.

RTEmagicC_KYZ_Bizimana.jpg

Bizimana Franscois Xavier ufunzwe

Abafashwe  harimo uwitwa Mugabo Charles Namara ushinzwe amashuri yisumbuye n’imyuga undi ni Bizimana Franscois Xavier umuyobozi mukuru ushinzwe uburezi.

RTEmagicC_KYZ_Namara.jpg

Mugabo Charles Namara ufunzwe

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba IP Kayigi Emmanuel ariko ntiyadusubiza.

Abarimu bakomeje kujya babivuga ko Namara arya amafaranga ikigo cya New life cyohereza mu Karere yo guhemba abarimu icyo kigo cyoherezayo kwigisha abanyeshuri kuko New life ifiteyo abana ifasha kubarihirira amafaranga y’ishuri.

Gatera Stanley

2,763 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.