Hamaze gupfa abashoferi 2 muri Koperative y’umuceri COPRORIZ bazira uburozi mu mezi 3 kubera amako
— March 8, 2017
Please enter banners and links.

Amakuru aturuka mu Karere ka Gatsibo Rugarama Rwagitima muri Koperative y’abahinzi b’umuceri aravuga ko hamaze gupfa abashoferi 2 bazira amarozi ariko bakavuga ko birimo amako.
Umushoferi wa 2 yapfuye uyu munsi Kuwa 7 Mutarama 2017 bikekwa ko yazize amarozi nyuma yaho uwo yari yasimbuye nyuma y’amezi 3 gusa nawe apfuye nawe arozwe.
Abatangarije Ikinyamakuru Umusingi amakuru y’urupfu rwa Gahima Sam wapfuye batifuje ko amazina yabo atangazwa bagize bati “Koperative y’abahinzi b’umuceri COPRORIZ-Ntende harimo abantu baroga abashoferi kandi ubwoko bumwe nibwo bupfa tumaze kubigiraho impungenge mudukorere ubuvugizi ubuyobozi bwige ikibazo bagishakire umuti kuko bishobora guteza ibibazo bikomeye”.
Ikinyamakuru Umusingi kimaze kumva ayo makuru arimo iby’amoko cyashatse kubaza ubuyobozi bw’iyi Koperative COPRORIZI-Ntende maze Deregiteri (Director)wa Koperative witwa Sinzamuhara Jean de Dieu maze yemeza amakuru y’urupfu rwa Gahima Sam ariko ahakana amakuru avugwa ko ari ubwoko bumwe gusa barogwa ati “uwa mbere ninjye wamwihereye akazi ntago bahuje ubwoko abo bantu barabeshya”.
Ahantu bagifite ibitekerezo by’amoko inzego zikwiye kujyayo zikareba uko ikibazo giteye ndetse bakabigisha ko iby’amoko bidakwiye n’abafite iyo myumvire bakayireka.
Bamwe mu baturage batashatse ko amazina yabo atangazwa bashinja ubuyobozi bw’iyi Koperative ko babizi ko icyo kibazo gihari n’ubwo Sinzamuhara abihakana yivuye inyuma.
Gusa avuga ko uburyo abashoferi bapfa bashobora kuba barogwa bitewe n’uburyo bapfamo kandi akaba akeka ko hari ababaroga bashaka ako kazi kubera ko hari abamuhamagaye umushoferi wa mbere Ingabire Emmanuel akimara gupfa bamusaba akazi .
Nyuma yongeye avuga ko abashoferi bose bapfa bazize impanuka ati uwa mbere yazize moto undi yazize impanuka y’imodoka ariko harimo ikibazo.
Gatera Stanley
4,164 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
1 Comment
Mwaragiza muti amako murwanda ntayahari. Undi ati ninge wamwihereye akazi ntibahuje ubwoko? Nonese bamenya bate umuntu ubwoko aturukamo? Abazi bananiwe kunga abanyarwanda musubizeho amoko bigirinza