umu amakuru- Hamaze gupfa abashoferi 2 muri Koperative y’umuceri COPRORIZ bazira uburozi mu mezi 3 kubera amako | Umusingi

IMG_20170308_001831Hamaze gupfa abashoferi 2 muri Koperative y’umuceri COPRORIZ bazira uburozi mu mezi 3 kubera amako

Please enter banners and links.

IMG_20170308_001831

Amakuru aturuka mu Karere ka Gatsibo Rugarama Rwagitima muri Koperative y’abahinzi b’umuceri aravuga ko hamaze gupfa abashoferi 2 bazira amarozi ariko bakavuga ko birimo amako.

Umushoferi wa 2 yapfuye uyu munsi Kuwa 7 Mutarama 2017  bikekwa ko yazize amarozi nyuma yaho uwo yari yasimbuye nyuma y’amezi 3 gusa nawe apfuye nawe arozwe.

Abatangarije Ikinyamakuru Umusingi amakuru y’urupfu rwa Gahima Sam wapfuye batifuje ko amazina yabo atangazwa bagize bati “Koperative y’abahinzi b’umuceri COPRORIZ-Ntende harimo abantu baroga abashoferi kandi ubwoko bumwe  nibwo bupfa tumaze kubigiraho impungenge mudukorere ubuvugizi ubuyobozi bwige ikibazo bagishakire umuti kuko bishobora guteza ibibazo bikomeye”.

Ikinyamakuru Umusingi kimaze kumva ayo makuru arimo iby’amoko cyashatse kubaza ubuyobozi bw’iyi Koperative COPRORIZI-Ntende maze Deregiteri (Director)wa Koperative witwa Sinzamuhara Jean de Dieu maze yemeza amakuru y’urupfu rwa Gahima Sam ariko ahakana amakuru avugwa ko ari ubwoko bumwe  gusa barogwa ati “uwa mbere ninjye wamwihereye akazi ntago bahuje ubwoko  abo bantu barabeshya”.

Ahantu bagifite ibitekerezo by’amoko inzego zikwiye kujyayo zikareba uko ikibazo giteye ndetse bakabigisha ko iby’amoko bidakwiye n’abafite iyo myumvire bakayireka.

Bamwe mu baturage batashatse ko amazina yabo atangazwa bashinja ubuyobozi bw’iyi Koperative ko babizi ko icyo kibazo gihari n’ubwo Sinzamuhara abihakana yivuye inyuma.

Gusa avuga ko uburyo abashoferi bapfa bashobora kuba barogwa bitewe n’uburyo bapfamo kandi akaba akeka ko hari ababaroga bashaka ako kazi kubera ko hari abamuhamagaye umushoferi wa mbere Ingabire Emmanuel  akimara gupfa bamusaba akazi .

Nyuma yongeye avuga ko abashoferi bose bapfa bazize impanuka ati uwa mbere yazize moto undi yazize impanuka y’imodoka ariko harimo ikibazo.

Gatera Stanley

4,164 total views, 1 views today

About author

Related Articles

1 Comment

  1. munyagishari March 9, 2017 at 5:10 am

    Mwaragiza muti amako murwanda ntayahari. Undi ati ninge wamwihereye akazi ntibahuje ubwoko? Nonese bamenya bate umuntu ubwoko aturukamo? Abazi bananiwe kunga abanyarwanda musubizeho amoko bigirinza

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.