umu amakuru- Mama Africa agiye kubazanira igihangange muri muzika Tiwa Savage | Umusingi

Tiwa-Savage-StyleMania-Magazine-June-360nobsMama Africa agiye kubazanira igihangange muri muzika Tiwa Savage

Please enter banners and links.

Tiwa-Savage-StyleMania-Magazine-June-360nobs

Mama Africa na Future records bafatanije na Future frica  bishyize hamwe mu rwego rwo guteza imbere umuziki nyarwanda no kuzamura imideli (Fashon) bityo bakaba bagiye kubazanira igihangange muri Muzika Tiwa Savage.

Tiwa Savage akaba yitezwe I Kigali tariki 4 Werurwe 2017 mu gitaramo kiswe Women achievements Gala.

Mama Africa akaba n’umuyobozi w’ikigo gikora ibijyanye n’imideli mu Rwanda Mama Africa aganira n’Ikinyamakuru Umusingi gikunzwe cyane muri iyi minsi yagize ati “impamvu twahisemo kubitangaza mu itangazamakuru ni uko tumaze kwizera ko azaza byanze bikunze kuko hari ibyo tumaze kugeraho bigaragaza ko azaza kandi abakunzi ba muzika na fashion muzaza mutaramane n’igihangange muri muzika Tiwa Savage”.

Tiwa Savage n’umuhanzi mpuzamahanga ukunzwe cyane kandi w’umuhanga kuba Future Africa na Mama Africa bagiye kumuzana mu Rwanda ni ntambwe ikomeye ndetse bakwiye gushyigikirwa maze umuziki mu Rwanda ugatera imbere ndetse na fashion igatera imbere.

Umwe mu batangiye kumva aya makuru ya Tiwa Savage witwa M Grace Iradukunda yavuze ko Tiwa Savage ari mu bahanzi bakunzwe cyane ndetse akizeza abategura kumuzana ko abantu bazaza ari benshi cyane kubera uburyo uyu muhanzi akunzwe.

Tiwa Savage n’umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Nigeria akaba afite indirimbo nziza cyane harimo iyitwa Africa rising yakoranye na Davido na Diamond akaba yarakoranye na Wizkid indirimbo yakunzwe cyane yitwa Bad .

Mama Africa akaba abasaba kuzaza muri benshi mukamushyigikira ndetse mugateza imbere Fashion na muzika Nyarwanda n’abakunda Tiwa Savage mwese muzaze.

Noella

2,443 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.