Bimwe mu bigo bikora ubucuruzi bwo ku betinga muri Gasabo byafungiwe imiryango kandi aribyo byinjiza cyane
— February 9, 2017
Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 9 Gashyantare 2017 mu Karere ka Gasabo hakozwe umukwabu wo gufunga ibigo bitishyura imisoro n’amahoro maze ibigo bizwiho gukora ubucuruzi bwo gutega (Betting)bahera kuri Lucky Bet barayifunga kandi ariyo yinjiza amafaranga menshi.
Mu itangazo ryashyizwe ku mu ryango aho icyo kigo gikorera I Remera hafi n’amarembo ya Peti stade na RRA(Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro) rivuga ko batemewe gukingura cyangwa kongera kuhakorera batabanje kwishyura imisoro n’amahoro byibirarane.
Abari bateze uko amakipe ari butsindanwe basanze itangazo ku muryango birabayobera bamwe bari batsinze baje kwishyuza abandi baje gutege(Betting).

Itangazo rya RRA ryashyizwe ku rugo rw’umuryango aho Lucky Bet ikorera i Remera
Bamwe batangiye kwibaza impamvu ikigo nka Lucky Bet itishyura imisoro n’amahoro kandi ariyo yinjiza amafaranga menshi kurusha ibindi bigo byose mu Rwanda nkuko bicyekwa nabenshi.
Iki kigo n’ubundi kivugwaho imikorere mibi mu bakozi bacyo aho usanga abakozi ari bake hamwe na hamwe kandi abakiriya ari benshi ahandi usanga abakozi batita ku bakiriya ,uzanye amafaranga yakoze ipare (agapapuro uko amakipe atsindanwa n’amafaranga ariho ntibamukorere uko yabibaheye bagashyiraho amafaranga make ugereranije nayo umukiriya aba yanditse),Abandi kuvugira kuri Telephone kandi abantu ari benshi bashaka gukorerwa n’ibindi byinshi ku buryo iki kigo gikwiye kwisubiraho bakamenya akamaro ku mukiriya.

Ikinyamakuru Umusingi kiracyashakisha nyiri iki kigo bivugwa ko ari icya Abahinde ariko andi makuru akavuga ko ari icyumusirikare mukuru ukomeye mu Rwanda tukaba tugicukumbura neza kugirango urujijo ruri mu bantu rushire niba ari ikigo cy’Umuhinde bimenyekane niba ari ikigo cy’Umusirikare mukuru ukomeye nabyo bimenyekane.
Impamvu bavuga ko aricyo kigo kinjiza cyane usanga imipira iba buri munsi ariko cyane cyane kuwa gatandatu no ku cyumweru ho biba akarusho n’ubwo nindi minsi amakipe aba akina ku isi yose ariko usanga umurongo w’abantu ari benshi cyane bikwereka ko icyo kigo kinjiza amafaranga menshi cyane kuko nta kindi kigo abantu bajya kumurongo gutyo nta na bank nimwe cyangwa ibindi bigo.
Twagerageje gushakisha uwo twabaza umuyobozi muri icyo kigo impamvu batishyura imisoro n’amahoro ntibyadukundira ariko nituramuka tubabonye tuzabagezaho ibyo bavuga.
Ndayambaje F
3,624 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply