umu amakuru-  Umuhanzi The Ben uri mu Rwanda arimo gukora insimburagifungo | Umusingi

f077762c4601b68385319c766450da  Umuhanzi The Ben uri mu Rwanda arimo gukora insimburagifungo

Please enter banners and links.

f077762c4601b68385319c766450da

 

Umuhanzi The Ben ubarizwa muri America  ubu ari mu Rwanda aho bivugwa ko ashobora gusubirayo muri America  arangije imirimo  nsimburagifungo.Yagiye muri America atorotse igihugu nyuma y’imyaka 6 akaba agarutse mu Rwanda ariko abantu bakaba bibaza uburyo azasubirayo cyangwa ko Leta ishobora kumufata kuko yagiye muri America agezeyo arihisha agumayo gutyo kandi yaragombaga kugaruka.

We na mugenzi we Meddy bombi batorokeye icya rimwe bisubiza inyuma umuziki Nyarwanda.

Bamwe mu baganiriye n’Ikinyamakuru Umusingi  batifuje ko amazina yabo atangazwa bavuze ko The Ben ashobora kuzasubirayo arangije gukora imirimo  nsimburagifungo azakora abinyujije mu bitaramo bitandukanye .

Ikinyamakuru Umusingi amakuru akigeraho yizewe ni uko The Ben yari yashyizeho amabwiriza ku bashakaga kumuzana mu Rwanda ko babanza  bakamwemeza ko nta kibazo azagira aramutse aje mu Rwanda kuko yatinyaga ko ashobora kuza bakamufata kuko yagiye atorotse.

280142ef50fa8f3a61da5b01e67afa

28f596602bf187010991bf20454817

fe8a8bc16fa6142b5f1b7727e61013

Ikindi ngo ni uko yasabye ko bamuha amafaranga angana nayo bahaye umuhanzi Diamond wo muri Tanzania ubwo ahaeruka kuzanwa  mu Rwanda.

f2e9a8c3ec37a5572e58cc260f65e1

74b76d290976456efce4b9b403057c

The Ben ari kumwe na Bull Dog

Igihano nsimburagifungo bivugwa ni uko atasaba amafaranga menshi nkayo bahaye Diamond kandi bakamukoresha n’ibindi bitaramo kuko nawe batumye agaruka ahura n’umuryango we ndetse avuga ko amaranye agahinda ku mutima imyaka 6 yose akaba yaragakize kubera abamuzanye ariyo mpamvu bagomba kumukoresha bakamwungukamo.

 Nta mananiza akwiye gushyira ku bamuzanye yo gusaba amafaranga nkayo bahaye Diamond bityo bakamuha amukwiye kandi akaba abonye uko azajya aza ntacyo yikanga aho ashakiye kuko ubundi yahoraga avuga ko agiye kuza bikarangira atinye kuza atekereza ko ashobora kuza Leta ikamufata  ariko ubu azajya aza  aho ashakiye asure n’umuryango we.

The Ben  hari benshi bamwumvise kuri radio avuga nabi ikinyarwanda aho avuga ko amaze kukibagirwa bituma abantu benshi bamunenga ubwirasi no kwiyemera .

Twabigereranije n’umugande wari umaze imyaka irenga 30 mu mahanga atarasubira muri Uganda n’umunsi n’umwe yaragiye afite imyaka 8 ariko yagarutse muri Uganda muri 2016 avuga ikigande neza naho The Ben we yagiye ari umugabo nta myaka iragera 10 amazeyo noe ngo ikinyarwanda amaze kukibagirwa.

Noella

2,818 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.