Ababana n’ubumuga bwo kutabona barasaba ko inkoni y’umweru bajya bayibona kuri Mituelle de santé
— December 2, 2016
Please enter banners and links.

Ejo kuwa 1 Ukuboza 2016 muri Hilltop Hotel habereye amahugurwa y’abanyamakuru yateguwe n’Ishyirahamwe ry’ababana n’ubumuga mu Rwanda (RUB) agamije gusobanurira abanyamakuru cyane cyane ku bibazo abafite ubumuga bwo kutabona bahura nabyo no kubakorera ubuvugizi.
Muri ayo mahugurwa abanyamakuru basobanuriwe igitera ubumuga bwo guhuma birimo impanuka ,indyo ituzuye ,urumuri rukabije n’ibindi byinshi ndetse n’uburyo bimwe na bimwe byakwirindwa nko kurya indyo yuzuye.
Ababana n’ubumuga bwo kutabona bafite ibibazo byinshi cyane bakaba basaba Leta kubera ko abaturage ari aba Leta ko bahabwa ubufasha kubera ko nabo ataribo babyiteye kugira ubwo bumuga nkuko bamwe mu bayobozi muri RUB babivuga.

Nkuko Ingabire Severin ushinzwe ubuvugizi muri RUB abivuga ati “dufite ibibazo byinshi birimo kubona inkone year idufasha kugenda irahenze kuyibona.Mu rwego rwo kutworohereza bamwe muri twe benshi batazifite bakaba bashobora kujya bajya aho bashaka nko kwa muganga cyangwa mu isoko n’ahandi hatandukanye dore ko hari abadafite ababaherekeza bakaba bafashwa n’iyo nkoni baramutse bayibonye kuri Mituelle de santé”.
Hari benshi mu byaro batabona amahirwe yo kubona inkoni y’umweru ibafasha kujya aho bashaka ariko bayibonye kuri Mituelle de santé cyangwa RAMA byabafasha buhoro buhoro n’ibindi bibazo bikagenda bikemuka.
Ushinzwe itangazamakuru muri RUB Racheal asoza amahugurwa yabwiye abanyamakuru ko ababana n’ubumuga bwo kutabona bakeneye ubuvugizi kuko hari byinshi bitazwi bahura nabyo.
Gatera Stanley
2,484 total views, 1 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply