Ba Gitifu 4 barakekwaho kwiyandarika no kwigwizaho ibyabatishoboye beguye
— November 1, 2016
Please enter banners and links.

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge ine yo mu Karere ka Gatsibo bashyikirije ubuyobozi bw’Akarere amabaruwa y’ubwegure bwabo, nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe bakagaragarwaho imikorere idahwitse irimo ibikorwa byo kwiyandarika nk’ubusinzi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimbogo,Gitoki, Nyagihanga, Gasange tariki ya 31 Ukwakira nibwo bashyikirije ubuyobozi bw’Akarere amabaruwa basezera ku mirimo bakoraga.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yatangarije itangazamakuru ko aba bayobozi beguye nyuma y’igenzura no kubagira inama byakozwe mu minsi ishize.
Yagize ati “Mu minsi ishize twari twabahamagaye bose tubagira inama kuko hari isuzuma tubakorera buri mwaka, bakanagezwaho uko isuzuma ryasanze bahagaze. Hari abagaragaweho imikorere itari myiza, kutita ku bibazo by’abaturage ngo babikemure ku gihe cyangwa bakabikemura bigoranye n’ibindi.”
Yakomeje avuga kandi ko harimo abagaragaweho kwigwizaho ibyagenewe abatishoboye.
Ati “Ugasanga bamwe bafite aho bahuriye no gukoresha ibigenewe abaturage muri gahunda za VUP, ubudehe n’ibindi. Hari naho usanga bamwe biyandarika, ari abasinzi bakabije ugasanga bitameze neza. Twagiye twerura tukabwira buri muntu ibyo avugwaho kandi bimwe na bimwe nabo bakabyemera ,Rero hari igihe umuntu agenda akitekerezaho agasanga ibyo akora byamenyekanye akavuga ati reka njye gukora ibindi.”
Uyu muyobozi yakomeje avuga ko aba bose beguye banditse bavuga ko ari impamvu zabo bwite kandi ngo ni uburenganzira bwabo.
Ati “Iyo umuntu asabye guhagarika imirimo ntiwamubuza kandi itegeko ribimwemerera, igikurikiraho ni uko tutakwemera ko hakomeza kubamo icyuho turatanga itangazo abandi banyarwanda bapiganirwe ako kazi hakurikijwe amategeko.”
Inkubiri yo kwegura kw’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge n’utugari ku mpamvu zitwa izabo bwite, yatangiye gukaza umurego mu Ukwakira 2016 mu Turere dutandukanye tw’igihugu, magingo aya abasaga 50 bakaba baramaze kwandika amabaruwa basezera ku kazi.
2,783 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply